Uyu mukobwa ari mu bakobwa barenga 40 babashije kunyura imbere y’akanama nkemurampaka muri 51 bari biyandikishije mu Ntara y’Amajyaruguru aho yagiye guhatanira.
Kadada yari yambaye nimero 11, afite umushinga wo kubungabunga ibinyabuzima biba mu mazi. Nyuma yo gusobanurira akanama nkemurampaka umushinga we neza yahawe amahirwe yo kurenga ijonjora.
Urugendo rwo gushaka uzegukana ikamba rya Miss Rwanda 2022 rwatangiriye mu Ntara y’Amajyaruguru. Ruzakomereza mu Burengerazuba mu Mujyi wa Rubavu kuri iki Cyumweru tariki 30 Mutarama 2022.
Miss Jolly Mutesi n’abanyamakuru, Umurerwa Evelyne wa RBA na Munyaneza James wa The Newtimes ni bo bagize akanama nkemurampaka kazazenguruka intara zose gashakisha abakobwa bazazihagararira muri iri rushanwa.















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!