00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakobwa 20 bahatanira ikamba rya Miss Rwanda basuye Laboratwari y’ibimenyetso bya gihanga (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 4 March 2022 saa 11:49
Yasuwe :

Abakobwa 20 bari guhatanira ikamba ryo gushaka nyampinga w’u Rwanda 2022, basuye Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera (Rwanda Forensic Laboratory, RFL) iherereye ku Kacyiru aho basobanuriwe byinshi kuri serivisi zitangirwa muri iki kigo ndetse bagasabwa kukibera ba Ambasaderi.

Ni mu gikorwa cyabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 3 Werurwe 2022, aho aba bakobwa n’ababakurikiranira hafi mu buzima barimo mu mwiherero basesekaye kuri iki kigo aho gikorera ku Kacyiru.

Aba bakobwa bari barangajwe imbere n’umuyobozi wa Rwanda Inspiration Back Up itegura irushanwa rya Miss Rwanda, Ishimwe Dieudonné.

Umuyobozi wa Rwanda Forensic Laboratory, Lt. Col. Charles Karangwa, mu kiganiro yagiranye n’aba bakobwa hamwe n’ababaherekeje yabashimiye umwanya wabo bafashe bagasura ikigo ayobora. Yanabasobanuriye serivisi zose zihatangirwa.

Ati “ Ndifuza ko twakorana cyane ko dusanzwe dukorana n’ibyamamare. Twakoranye na Miss Mutesi Jolly kandi twabonye umusaruro. Turababwira ko tubashyigikiye nka Rwanda Forensic Laboratory kandi tubahaye ikaze igihe muzadukenera.”

“Tuzakomeza kubana namwe kugeza igihe muzasozereza na nyuma yaho. Twifuza kuzabashyigikira mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Turabasaba ko muzakomeza kutuzirikana. Twifuza ko muzatubera ba ambasaderi aho muzajya hose.”

Umuyobozi wa Rwanda Inspiration Back Up, Ishimwe Dieudonné yashimiye iki kigo ku buryo cyabakiriye avuga ko cyazanye impinduka nyinshi cyane ko serivisi batanga benshi bazumvaga mu mahanga mu bihe byashize.

Ati “Turabashimiye cyane. Ubundi mbere twumvaga ari nka filime ari ugukabya n’ibihuha. Uko igihugu gitera imbere ibyari ibihuha byabaye ukuri. Twifuje kubagana kugira ngo twereke abantu ko kurengana byagabanyutse. Mwatweretse byinshi mbere y’uko dukorana. No gukorana na Miss Rwanda ni ukugira ngo bimenyekane ko mu Rwanda hari laboratoratwari yakwifashishwa mu gupima ibintu bitandukanye.”

Uwimana Marlene wavuze mu ijwi rya bagenzi be yashimiye iki kigo ku kuba cyabakiriye yongeraho ko abafite imishinga ifite aho ihuriye n’ibyo gikora bazacyegera.

Aba bakobwa batemberejwe ahantu hatandukanye harimo ahapimirwa ibizami by’isanomuzi (ADN) n’ahapimirwa ibiyobyabwenge. Beretswe ahapimirwa ingano ya alcohol yo mu nzoga zitujuje ubuziranenge, imiti ikoreshwa kwa muganga ariko yakoreshejwe mu buryo butemewe n’ibindi.

Aba bakobwa ubwo bagera kuri Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera
Mbere yo gutangira gutemberezwa aba bakobwa bahawe imyambaro yabugenewe
Aba bakobwa mu kiganiro n'Umuyobozi wa Rwanda Forensic Laboratory Lt. Col. Charles Karangwa
Aba bakobwa bari bakurikiye ibisobanuro ku mikorere y'iki kigo basuye
Aba bakobwa uko ari 20 bari babukereye
Abahatanira ikamba rya Miss basobanuzaga aho bumvaga batanyuzwe
Aha Bahari Ruth na mugenzi we bageregezaga kureba mu cyuma cyifashishwa n'abakora muri serivisi za Finger prints
Aha bari ahatangirwa serivisi za Ballistics & Toolmark. Aha hatangirwa serivisi zo guhuza imbunda n’amasasu hagamijwe guhuza ibimenyetso byavuye ahabereye icyaha
Aha bari bari ahapimirwa ibimenyetso bigendanye n’ibyaha by’ikoranabuhanga
Aba bakobwa batahanye umuhigo wo kuba ba Ambasaderi ba Rwanda Forensic Laboratory
Aha ni ahatangirwa serivisi zo gupima ibikumwe
Ibi ni bimwe mu bikoresho byifashishwa hapimwa ibiyobyabwenge
Iki kigo kirimo ibikoresho bitandukanye byifashishwa mu gushaka ibimenyetso by'ubwoko butandukanye
Aba ba banyampinga bagaragaza ko banyotewe no gusobanukirwa serivisi zitangirwa muri iki kigo
Mbere yo gutemberezwa ahantu runaka ba nyampinga babanzaga bagasobanurirwa serivisi zirimo
Iyi mashini yifashishwa hapimwa impapuro mpimbano
Uwimana Jeannette utumva ntavuge yari ari kumwe n'umusemuzi we wagendaga amunyurira mu ncamake ibiri kuvugwa
Umuyobozi wa Rwanda Forensic Laboratory Lt. Col. Charles Karangwa na we yanyuzagamo akaniriza aba bakobwa
Umuyobozi wa Rwanda Forensic Laboratory Lt. Col. Charles Karangwa, mu kiganiro yagiranye n’aba bakobwa ndetse n’ababaherekeje yabashimiye umwanya wabo bafashe bakaza gusura ikigo ayobora

Amafoto: Izabayo Bona Parfait (Wisekind)


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages