00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Video: Ikiganiro n’Abanyarwandakazi b’impanga bashinze umuryango Shelter Them Batarure

Yanditswe na Emma-Marie Umurerwa
Kuya 28 December 2016 saa 02:07
Yasuwe :

Bukuru Josephine Murphy na Butoyi Joselyne Alexandre, ni Abanyarwandakazi b’impanga baba muri Canada, bashinze umuryango bise Shelter Them Batarure, ufasha abana b’inzererezi ugakora n’ibindi bigamije gufasha imiryango itishoboye.

Umuryango “Shelter them Batarure’’ bawushinze mu 2007. Abo ufasha ku buryo buhoraho kuri ubu bagera kuri 30.

Uretse gufasha abatishoboye ku buryo buhoraho, bishyurira ubwisungane mu kwivuza imiryango itishoboye ituye hirya no hino mu gihugu by’umwihariko mu Karere ka Bugesera, aho buri mwaka bishyurira imiryango isaga 100 ubwo bwisungane.

Imwe mu mishinga migari bafite irimo kubaka ikibanza bahawe na Perezida Paul Kagame, ubwo bakimusabiraga muri Rwanda Day yabereye i Toronto mu 2013.

Muri iki kibanza, bazubakamo inzu y’imyidagaduro, Amashuri y’imyuga n’inzu 10 bazatuzamo abana batishoboye badafite imiryango, ibikorwa byose bikazatwara asaga ibihumbi 700 by’amadorali ya Amerika.

Kanda hano urebe Video y’ikiganiro

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .