U Rwanda mu kwiyubaka bijyanye n’igihe tugezemo ubisanga no mu cyaro cyarwo, aha ugenda ubona isuku ari cyo kintu cya mbere ubundi kiranga iterambere rituruka mu myumvire, ibitekerezo no kubaho neza.
Usanga abaturage b’abanyarwanda bakeye, batuye ahantu haciriritse ariko hafite isuku y’intangarugero, imigendererano inoze, imihanda ihuza imirenge utayisangamo imyanda yo hirya no hino, ahubwo ukabona ko igitaka cyangwa amabuye ahari yakozwe mu buryo busukuye.
Ku bakunda ibintu bya kimeza ibi bikaba bibera byiza cyane ijisho ryabo, kubona amabuye y’amasarabwayi akeye atondekanye, imiharuro ikubuye n’ibindi.
Kugenda ukareba ubuhinge bwa kijyambere mu tubande, ukabona ukuntu insina zeze uzirebera kure ukaba wagira ngo ni umurimbo, amaterasi ateyeho ibyatsi birinda isuri nayo urebera kure ugatwarwa.
Imihanda ya kaburimbo myiza ihuriramo amakamyo na za bisi nini n’into zitwaye abagenzi, ba bandi bafite isuku batagira na mba bajugunya mu muhanda, imisozi itagira pulasitiki, aho uta akantu hasi umwana akakubwira ko ukoze amakosa, wabireba nawe ukigaya.
Ni icyaro usanga amakoperative yishyize hamwe akiteza imbere mu buryo bw’umwihariko, ukabibwirwa n’ibikorwa uhasanga haba mu buhinzi bw’ikawa, icyayi n’ibindi by’intungamubiri bikoreshwa buri munsi mu ngo nk’ibishyimbo, imyumbati, amashu, umuceli n’ibindi.
Birashimisha cyane kubona amasoko y’amazi aturuka mu misozi atagira ubwandu (Eau de source) ahurirwaho n’abana bakitse amashuri, ari ho baganirira utwabo nk’urungano, ukababona ku bibuga by’umupira bahuje urugwiro mbere y’uko umugoroba uhindura isura.
Birashimisha kubona umudamu aherekeje mugenzi we bagenda baganira batubitse amaso muri telefone, ahubwo bahuje urugwiro, bimwe bitakiba mu mujyi aho stress [imihangayiko] yashinze ibirindiro. Kubona abana batahira icyarimwe bavuye ku ishuri bagenda baseka bishimye bagera mu rugo bagahindura imyambaro kugira ngo bafashe ababyeyi uturimo twa nimugoroba.
Ni byiza cyane kubona inzu nyinshi utanakekaga ko zifite umuriro w’amashanyarazi. Ukabona buri rugo rufite ikiraro cy’Inka, amazi hafi uravuga uti ‘uwapfuye yarihuse’.
Ikindi gishimisha ni itumanaho, buri rugo ntiruburamo telephone ihamagara bibaye ngombwa, aho abatwaraga amaradiyo ya rutura ku gutwi ubu usanga bifitiye utugozi mu matwi bumva Radio Rwanda cyangwa izindi bihitiyemo, cyangwa umuntu afite agatelefone mu ntoki ari ko kamubwira amakuru mashya n’amatangazo ya Leta n’ibindi.
Ubwiza rero bw’icyaro bukubiye muri byinshi bitanga amahoro no gutekana mu mutwe n’ubwiza nyaburanga bw’ibidukikije byinshi, harimo amashyamba, umuyaga mwiza, umwuka udahumanye, imisozi n’imigezi.
Ubutunzi bwa buri rugo buturuka mu maboko y’ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi cyangwa imirimo bahabwa na bamwe bazanye ibikorwa remezo hafi aho, baba bafite n’akazi kabahemba ku kwezi.
Ibi ni bimwe mu byo mbashije kuvuga usanga kuri ya mijyi minini, aho bamwe bagenda bashyira amahoteli ngo hajye haruhukirwa.
Muri ibi bice by’igihugu bita mu cyaro uhasanga ibikoresho bya kinyarwanda n’imiryango ikibifite mu ngo, ibi bikaba ari ibintu bifite amateka mu mibereho ya kera y’abanyarwanda nk’urusyo n’ingasire, urujyo bakoresha mu kureka amazi cyangwa mu bindi.



















TANGA IGITEKEREZO