00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

GiRiNZU igiye kubaka undi mudugudu w’inzu; 50% zamaze kugurwa

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 31 May 2025 saa 12:20
Yasuwe :

Umuyobozi w’Ikigo gikora imishinga y’ubwubatsi cya GiRiNZU Developers, Eng Muzora Aime, yatangaje ko bagiye kubaka undi mudugudu witezweho gufasha abantu bashaka gutunga inzu mu Mujyi wa Kigali kandi ko inzu zizawubakwamo zamaze kugurwa ku kigero cya 50%.

GiRiNZU ni ikigo cyubatse umudugudu wiswe Village Umutuzo, ugizwe n’inzu 90 ziri mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro aho zose zamaze kugurwa.

Nyuma yo kubona ko inzu bubaka ziri kugurwa cyane n’Abanyarwanda batuye mu gihugu n’abo muri Diaspora, bahise biyemeza kongera kubaka undi mudugudu wiswe Aheza Urban Village.

Eng. Muzora yavuze ko uwo mudugudu uzubakwamo inzu 104 ariko 52 muri zo zamaze kugurwa ndetse imirimo y’ubwubatsi yamaze gutangira.

Ati “Biragaragara ko inzu zikenewe cyane mu Mujyi wa Kigali kandi zizakomeza gukenerwa. Uyu mudugudu wacu ufite umwihariko mu bijyanye n’imyubakire n’ibikoresho dukoresha. Hejuru ya 80% by’ibikoresho dukoresha ni ibituruka mu Rwanda.”

Yongeyeho ati “Ni umudugudu wagiye ugerageza gushyira mu bikorwa ibijyanye no kubungabunga ibidukikije. Muzi ko hari umushinga wa kugira Umujyi wa Kigali ubungabunga ibidukikije, natwe rero dusa n’abawinjiyemo kugira ngo tujyane na gahunda ya Leta ku bijyanye no kugira inzu nziza, zijyanye n’Umujyi wa Kigali ndetse no kubungabunga ibidukikije.”

Ni inzu zubatswe mu buryo zinorohereza abazituyemo, ku manywa ntibisaba gucana amatara cyangwa ibyuma bitanga umuyaga.

Uyu mudugudu wubatswe ku buso bwa hegitari ebyiri, urimo ibice bitatu byubatswe mu buryo butandukanye bitewe n’ushaka gutura, agahitamo iyo ashaka bijyanye n’amikoro ye.

Hari inzu zigizwe n’ibyumba bibiri, uruganiriro, ubwogero bumwe bugezweho, igikoni n’ubusitani butunganyiwe neza, zubatswe mu buryo bugeretse. Muri izi nzu, imwe igura miliyoni 35 Frw.

Icyiciro cya kabiri kigizwe n’inzu zigeretse rimwe, imwe igizwe n’ibyumba bitatu, uruganiriro, ubwogero n’ubusitani butunganyijwe. Igiciro ni miliyoni zisaga 74 Frw.

Icyiciro cya gatatu kigizwe n’inzu zifite ibyumba bine, uruganiriro, ubwogero bubiri, igikoni kigezweho n’ubusitani bugari. Igiciro cya buri imwe kiri hagati ya miliyoni 120 Frw na miliyoni 180 Frw.

Uyu mushinga wiswe GiRiNZU watangijwe n’Umufaransa Stéphane Monceaux afatanyije n’Umunyarwandakazi Wibabara Jacqueline, bagamije gufasha benshi babishaka kubona amacumbi agezweho mu Mujyi wa Kigali.

Kwishyura inzu zubatswe na GiRiNZU bishobora kuba mu byiciro bitanu ariko uwasabye ko yubakirwa agomba kurangiza kwishyura mbere y’uko inzu yuzura.

Inzu zizubakwa mu mudugudu wa Aheza Urban Village iya make izaba igura ibihumbi 50$, ikurikiyeho igure ibihumbi 70$, indi igure ibihumbi 102$ mu gihe iya menshi izaba igura ibihumbi 180$.

Meya w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yasabye abikorera kurushaho kwinjira muri gahunda yo kubaka inzu zo guturamo kuko ukeneye nibura kugira amacumbi mashya arenga ibihumbi 250 mu gukemura ikibazo cy’amacumbi make ku bawutuye.

Yavuze ko nubwo buri muturage wese atagira inzu ye muri Kigali ariko nibura akwiye kubona aho akodesha heza, hajyanye n’igihe kandi ku giciro kidakanganye.

Hejuru hari ahantu heza abatuye muri iyo bashobora kuganirira
Abafite imodoka nabo bafite ahantu heza ho kuziparika
Hubatswemo n'imihanda yifashishwa n'abatuye muri uwo mudugudu
Umuyobozi w’Ikigo gikora imishinga y’ubwubatsi cya GiRiNZU Developers, Eng Muzora Aime, yavuze ko 50% by'inzu zo muri uyu mudugudu ugiye kubakwa zamaze kugurwa
Ni inzu zigeretse rimwe
Igiciro cy'izo nzu gishingira ku ngano y'iyo wahisemo
Abagura izi nzu bashobora kwishyura mu byiciro mbere y'uko zuzura
GiRiNZU yifashisha ibikoresho by'ubwubatsi bikorerwa mu Rwanda ku kigero cya 80%
Hubatswe mu buryo bubungabunga ibidukikije
Uhagaze hejuru ku nzu uba witegeye ku kibuga cy'Indege cya Kigali i Kanombe no mu Bugesera
Inzu zubatswe mu Mudugudu w'Umutuzo zamaze kugurwa zose

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .