00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umudugudu wa Kangondo w’inzu 590 ugiye gutangira kubakwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 February 2025 saa 12:07
Yasuwe :

Sosiyeyete y’ubwubatsi ya Savannah Creek Development Company yatangaje ko igiye gutangira imirimo yo kubaka umudugudu wa Kangondo uvuguruye, uzaba ufite inzu 590 zo guturamo zirimo izo mu bwoko bwa ‘apartments’ n’izindi zigaragaza ubudasa bwa Kigali.

Imirimo yo kubaka uyu mudugudu izatangira ku wa 14 Gashyantare 2025, gusa icyiciro cya mbere kikazagirwa n’inzu 100, zizarangira mu 2026.

Uyu mudugudu ugiye kubakwa nyuma y’uko abari batuye mu midugudu ya Kangondo I, Kangondo II na Kibiraro I bimuriwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Busanza.

Biteganyijwe ko icyiciro cya mbere cy’izi nyubako kizubakwa mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera, kikazatwara miliyoni 40$, ni ukuvuga arenga miliyari 56,1 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa Savannah Creek Development Company, Denis Karera, yabwiye The New Times ko uyu mushinga uzaba ugizwe n’ubwoko butandatu bw’inzu burimo izigezweho ziba ari nini kandi zisanzuye, izubatse mu buryo bw’Abataliyani n’izindi ziri mu murongo wo kurengera ibidukikije.

Ati “Uyu mushinga ujyanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Kigali ndetse na gahunda ya Kabiri yo kwihutisha iterambere, NST2.”

Izi nzu kandi zizubakwa mu buryo bubungabunga ibidukikije binyuze mu gukoresha amashanyarazi akomoka ku mirasire y’Izuba, gufata amazi y’imvura, uburyo bwo kuyungurura amazi yakoreshejwe akongera gukoreshwa, n’uburyo bufasha kwinjiza umwuka mwiza mu nzu aho gukoresha ibyuma biwutanga.

Ati “Inzu zizaba ziri ahantu ugenda iminota 10 uvuye ku iguriro, mu minota 20 uvuye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali na kilometero 1,5 uvuye ku kibuga cya Kigali Golf Club, aha hantu ni heza kuko ni hafi y’ibikorwa bitandukanye byo mu mujyi, bikoroshywa n’ibikorwaremezo byo gutwara abantu n’ibintu byahashyizwe.”

Muri izi nyubako kandi hazaba harimo iziri ku rwego mpuzamahanga, n’icyanya rusange cyo kuruhukiramo kizaba kigizwe n’ubusitani, ahari urusobe rw’ibinyabuzima n’inzira z’abanyamaguru banyuramo bitemberera.

Ahubatse izi nyubako kandi hazanashyirwa ishuri mpuzamahanga ryo mu Bwongereza ryitwa Hereford International School Kigali rizaba rifite kuva ku mashuri y’incuke kugeza ku yisumbuye.

Inzu za mbere z’impagararizi zarubatswe ndetse abashaka kugura n’abandi bazisura kuva muri Gashyantare bemerewe kujya kureba izo bashobora gushima.

Imibare igaragaza ko kugeza mu 2050 u Rwanda rukeneye kubaka inzu ziciriritse miliyoni 5,5, bivuze ko buri mwaka hagomba kubakwa inzu ibihumbi 150 nshya zo guturamo.

Umujyi wa Kigali usabwa kugira nibura inyubako ibihumbi 18 nshya buri mwaka ngo ushobore guhaza abawutuye bahora biyongera umunsi ku wundi.

Imwe mu mishinga yatangijwe yo kubaka inzu zihendutse muri Kigali harimo Bwiza Riverside Estate iteganya kubaka inzu ibihumbi 40 mu Karere ka Nyarugenge, Rugarama Park Estate izubaka inzu 2000 i Nyamirambo, Kinyinya Park Estate izubakwamo inzu ibihumbi 10, Vision City i Gacuriro icyiciro cya mbere kigizwe n’inzu 504 ariko ukazarangira hubatswe inzu 4500, Masaka Housing Project y’inzu 278 n’indi igamije kunoza imiturire no gufasha Abanyarwanda gutura heza.

Inzu z'impagararizi ku mudugudu wa Kangondo uvuguruye zamaze kubakwa
Ni inyubako zijyanye n'igishushanyo mbonera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .