00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imvano y’imyubakire yihariye y’Icyicaro Gikuru cya ‘Sawa Citi’ (Video)

Yanditswe na Iradukunda Serge, Zigiranyirazo Bajecteur
Kuya 5 April 2025 saa 01:10
Yasuwe :

Niba ukunda ibijyanye n’ubwubatsi, nuzenguruka mu Mujyi wa Kigali rwagati ntuzatinda kubona ko inzu z’ubucuruzi nini zihari hafi ya zose zifite ibintu zihuriyeho, itubatse mu ishusho ya mpande enye, yubatse nk’urukiramende, ikazamurwa mu nkuta enye, mbese bisa nk’aho ari itegeko ry’imyubakire ryatanzwe.

Uvuye mu Mujyi rwagati, ukamanuka mu bice byo ku Muhima ukomeza kubona inzu nyinshi zifite iyi miterere, gusa urenze gato ahazwi nko kuri Yamaha ugana ku Kinamba ubona inzu yihariye, benshi bemeza ko yubatswe mu ishusho y’ubwato.

Ni inzu abayigezeho barangarira bitewe n’imiterere ifite idasanzwe by’umwihariko mu bijyanye n’ubwubatsi bwo mu Rwanda.

Kugeza ubu iyi nzu igeze ku kigero cya 95% yubakwa, mu minsi iri imbere izatangira gukorerwamo nk’icyicaro gikuru cy’iguriro rya ’Sawa Citi’.

Mu gushaka kumenya byinshi kuri iyi nzu IGIHE yagiranye ikiganiro na Bigwi Johnson washushanyije imbata yayo ndetse ayobora imirimo yo kuyubaka binyuze mu kigo yashinze, Futuristic Design Group (FDG Africa).

Bigwi yavuze ko igitekerezo cyo kubaka inzu ifite ishusho ijya gusa n’iy’ubwato, cyaturutse mu bushake bwo guhindura ibijyanye n’imyubakire mu Rwanda, yasanze asangiye n’abashoramari bashinze Sawa Citi.

Ati “Ba nyiri uyu mushinga ni ba rwiyemezamirimo, icyabaye ni uko rwiyemezamirimo areba umuntu ushobora guhura n’icyerekezo afite. Barampamagaye nyuma yo kubona ko duhuje ibitekerezo, kuko uyu ni umushinga bashakaga ko uba icyicaro gikuru, ni ikintu twabanje kwitondera.”

Yakomeje avuga ko “igitekerezo cy’ubwato gifite ahantu gikomoka. Ba rwiyemezamirimo bamaze kutwegera kugira ngo turebe niba twafatanya, twasuye ikibanza, tubona urujya n’uruza rw’imodoka ziri hano, tubona natwe hano hakenewe ikintu gisa n’ikigenda.”

Mu by’ibanze byatekerejweho nk’ibishobora gutanga ishusho y’ikintu kigenda harimo imodoka, indege n’ubwato. Birangira impande zombi zemeranyije ku bwato.

Bigwi ati “ntabwo na none twashatse gukora ikintu buri wese areba agahita yibwira ko ari ubwato, bisaba kubanza gushishoza.”

Iyi nzu yubatse ku buso bwa meterokare 1135. Uyirebeye ku muhanda uva ku Kinamba ujya mu Mujyi ifite amagorofa abiri, wayirebera ku muhanda ujya mu Kiyovu ikagira igorofa rimwe, utabariyemo igice cyo hejuru kizaba gifunguye (Rooftop).

Biteganyijwe ko igice cyo hasi kizashyirwamo ‘supermarket’, Hejuru hakaba iduka ricuruza ibintu bitandukanye, mu gihe mu igorofa rya kabiri hazajya ibikorwa by’imyidagaduro birimo restaurant akabari n’akabyiniro.

Rooftop na yo izashyirwaho ibikorwa by’imyidagaduro n’aho abantu bashobora kwicara ku mugoroba bitegeye ibice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali.

Bigwi avuga ko hari byinshi byagoranye mu kubaka iyi nzu, uhereye no ku kumvisha abo bireba igitekerezo cy’iyi nzu.

Ati “Hari ukuntu tumenyereye inzu z’ubucuruzi ziba zimeze, kugira ngo uzabashe kumvisha umuntu ko ugiye gukora inzu iteye itya abyemere ntibyari byoroshye. Hari ibyo twagiye twerekana mbere ugasanga ntibiragera aho bashaka, ariko igitekerezo cya nyuma cyaje tumaze amezi abiri tuganira ku miterere y’iyi nzu.”

Urebye imiterere y’iyi nzu biragoye ko ushobora kurebera inyuma ngo ubone inkingi zifashe ibikuta byayo bitandukanye. Ni ikintu Bigwi yemeza ko na cyo kiri mu byagoranye.

Ati “Ikintu cya mbere cyatugoye ni uko ishusho twayihaye yasabaga uburyo bugoye bwo gutega inkuta. Byabaga ngombwa ko tubanza tugakora ibishushanyo byo gukoreraho imyitozo.”

Iyi nzu kandi ifite umwihariko w’uko ibikoresho byinshi byakoreshejwe mu kuyubaka bikomoka mu Rwanda, uretse ibijyanye n’ibirahure, amakaro n’ibindi bikoresho by’imbere mu nzu byavuye hanze.

Ifite kandi uburyo bwo kurengera ibidukikije no gukoresha neza ingufu, kuko ku manywa hinjiramo urumuri ruhagije rudasaba gucana amatara.

Kuva iyi nzu itangiye kubakwa, Bigwi avuga ko abayibona bayifiteho ibitekerezo bitandukanye.

Ati “Batubwira ibintu bitandukanye, igikorwa nk’iki abantu bakibona bitandukanye, ariko buriya n’iyo bakinenga ntabwo ari bibi kuko biba byatumye umuntu atekereza. Iyo ufashe umwanya ukabitekerezaho intego ya mbere tuba twayigezeho, nuvuga ngo ntabwo ari cyiza, nibura uba watekereje. Ba nyirayo barayikunze cyane, kandi natwe twarayikunze kuko hari ubumenyi yadusigiye.”

Biteganyijwe ko iyi nzu izafungura imiryango mu gihe gito kiri imbere.

Iyi nyubako iherereye hafi y'ahazwi nko kuri Yamaha ugana ku Kinamba
Ibereye ijisho ku buryo bigoye ko wayicaho utabanje kuyibazaho
Ni inzu ifite umwihariko mu miterere ugereranyije n'izari zimenyerewe i Kigali
Ifite uburyo bwo kurengera ibidukikije no gukoresha neza ingufu
Byitezwe ko mu minsi ya vuba izaba yatangiye gukorerwamo ibikorwa by'ubucuruzi bitandukanye
Ni iy'abashoramari bashinze Sawa Citi
Ibikoresho byifashishijwe mu kubaka byiganjemo ibikomoka mu Rwanda
Bigwi avuga ko abayibona bayifiteho ibitekerezo bitandukanye birimo ibishima n'ibinenga
Ifite imiterere nk'iy'ubwato
Yubatse ku buso bwa meterokare 1135.
Ni inzu yahinduye isura y'agace iherereyemo
Hari ibitekerezo bitandukanye by'ishusho iyi nyubako yahabwa birimo iy'imodoka cyangwa indege ariko birangira hemejwe ishusho y'ubwato
Iyi nzu imaze kuzura ku rugero rwa 95%
Bigwi Johnson ni we washushanyije imbata anayobora imirimo yo kubaka iyi nzu binyuze mu kigo yashinze, Futuristic Design Group (FDG Africa).
Iyi nyubako igerwamo n'urumuri ruhagije ku manywa ku buryo bitazajya bigombera ko hacanwa amatara
Ibikorwa bijyanye n'iyubakwa ryayo biri kugana ku musozo ngo itangire gukorerwamo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .