Amasezerano yo gutanga iyi nkunga yasinywe ku wa 26 Mutarama 2026 hagati ya Ambasade y’u Buyapani mu Rwanda n’umuryango ufasha abana bafite ubumuga bwo mu mutwe, AVEH Umurerwa.
Iyi nyubako nimara kuzura, byitezwe ko izatanga umusanzu mu gufasha uyu muryango kongera umubare w’abana bafite ubumuga bwo mu mutwe yakira, kuko izaba igizwe n’ibyumba 102 n’ibitanda 96.
Iyi nkunga kandi izakoreshwa mu kugura ibikoresho bizashyirwa muri iyi nyubako, kugura amagare y’abafite ubumuga 22 n’ibikoresho bya siporo bizajya bifasha aba bana.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Nakajo Kazuya, yagize ati “Nishimiye kuba amwe mu masezerano ya mbere nshizeho umukono nk’Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda ajyanye no gufasha abana bafite ubumuga bwo mu mutwe.”
Yakomeje avuga ko iyi nkunga yatanzwe binyuze muri gahunda ya Guverinoma y’u Buyapani yo gutera inkunga imishinga iciriritse mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.
Umuyobozi Mukuru wa AVEH Umurerwa, Ndayambaje Eugene, yavuze ko iyi nyubako izabafasha gukemura imbogamizi zitandukanye bahuraga na zo, zirimo kutagira ubushobozi bwo kugira aho bakirira abana bafite ubumuga bwo mu mutwe.
Ati “Twari dusanzwe twakira abana bagera kuri 20 none iyi nyubako niyuzura tuzajya twakira abana barenga 100. Bizagabanya umutwaro kuri Leta ifite wo kwita ku bana bafite ubumuga bwo mu mutwe ndetse no gufasha ababyeyi babyaye abana babufite.”
Umuryango wa AVEH umaze imyaka irenga 20 kuko watangiye 2005. Kuri ubu ukurikirana abana 120 bose hamwe, barimo 20 baba mu kigo cy’uyu muryango, abandi bakurikiranirwa mu miryango yabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!