00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urwibutso umunyarwenya Kim Dae-ho yakuye mu rugendo yakoreye mu Rwanda

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 16 April 2025 saa 08:11
Yasuwe :

Umunyarwenya akaba n’umunyamakuru uri mu bakomeye muri Koreya y’Epfo, Kim Dae-ho, yahishuye ko mu rugendo yakoreye mu Rwanda mu minsi ishize, yahakuye urwibutso rw’imbuto zitaba iwabo yaguze mu isoko rya Nyabugogo.

Ibi yabitangarije mu kiganiro cyitwa ‘The Great Guide Season 2’ akorera kuri televiziyo ya MBC.

Ubwo yaganirizaga abamufasha gutunganya iki kiganiro, yababwiye ko yishimiye urugendo rwe mu Rwanda ndetse ko n’umukunzi we bari bari kumwe babashije kwishimira ibyo bahasanze by’umwihariko amafunguro.

Kim Dae-ho yasobanuye ko yakunze cyane isoko rya Nyabugogo, cyane ko ubwo yarisuraga, yarisanzemo imbuto ziryoshye zitaba muri Koreya y’Epfo.

Icyakoze icyo gihe ntabwo yari yitwaje amafaranga, bituma asaba abo bari kumwe ko bamuguriza kugira ngo agure. Bagenzi be bahise bamuha 10.000 Frw yamufashije guhaha n’ibindi yakunze muri iri soko.

Uyu munyarwenya yanavuze ko yashimishijwe no kuba yaratemberaga mu Rwanda n’amaguru, nta nkomyi.

Kim Dae-ho asanzwe azwi mu biganiro byo kuri televiziyo birimo nka ‘I Live Alone’ hamwe na ‘The Great Guide’ akunze kugaragaza uburanga bw’ahantu atemberera.

Umunyarwenya Kim Dae-ho yahishuye ko yanyuzwe n’imbuto yaguze mu isoko rya Nyabugogo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .