00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwenya bahuriye muri ‘La caravane du rire’; Chipukeezy yunamira umuvandimwe wa Omondi (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 30 June 2024 saa 04:46
Yasuwe :

Abanyarwenya batandukanye bakomeye bahuriye mu gitaramo cya ‘La caravane du rire’; cyahurije hamwe abakunda guseka n’abakunzi babo.

Ni iserukiramuco ryabaga ku nshuro ya gatatu ryiswe ‘La caravane du rire’ ryabereye i Kigali kuri ‘Institut Français du Rwanda’. Aho kwitabira byasabaga kwishyura ibihumbi 10Frw.

Mu banyarwenya batumiwe baturutse hanze harimo Samia Orosemane wo mu Bufaransa, Sylvanie Njeng wo muri Cameroon, Napoleone na Cotilda bo muri Uganda ndetse na Chipukeezy wo muri Kenya.

Aba banyarwenya bataramanye nabo mu Rwanda barimo Prince Nshizirungu, Herve Kimenyi, Muhinde, Merci Ndaruhutse, Michael Sengazi na Babu. Aba bose banyuze ku rubyiniro banyuze abitabiriye cyane ko buri wese yari afite umwihariko we.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Cotilda Inapo wo muri Uganda yavuze ko uruganda rwo gutera urwenya mu Rwanda rumaze gutera imbere cyane.

Ati “Uruganda rwo gutera urwenya ruri gutera imbere. Ni ubwa mbere nje mu gitaramo kirimo umuntu w’igitsinagore urenze umwe. Ngereranyije no muri Uganda usanga ubu mu Rwanda hasigaye hari ibitaramo byo mu ndimi zitandukanye naho muri Uganda ururimi gakondo nirwo ruhabwa umwanya cyane.’’

Avuga ko abanyarwenya bagomba kugira inzozi zo kurenga imbibi za Afurika kuko abanyafurika bashoboye kandi bafite inkuru zo kubwira abantu zihariye. Mu nzozi ze agaragaza ko atekereza ko mu bihe biri imbere nko mu myaka itanu iri imbere abanyarwenya bazaba bifashije.

Ati “Nshaka kuzabona inzu zikorerwamo urwenya z’abanyarwenya ubwabo. Ikindi ni ukuzabona turenga imbibi za Afurika ibyo tubwira abantu bikumvikana ku isi yose.’’

Agira inama abanyarwenya by’umwihariko b’abagore gukora badategereje ko abantu babagirira impuhwe kubera ko ari abagore kuko isi y’uyu munsi itabyitaho.

Umunya-Kenya Vincent Mwasia Mutua wamamaye nka Chipukeezy, ni umwe mu bari bitabiriye bashimishije benshi. Nyuma y’igitaramo yavuze ko ashaka kuzabona abanyarwenya barafashe ku isi yose kubera inkuru za Afurika bavuga batigana abanyamerika cyangwa abandi.

Ati “Nshaka kuzabona abanyarwenya b’abanyafurika bavuga inkuru za hano iwacu. Ntekereza ko igihe kigiye kuza ibi bintu bikagaragarira buri wese. Kuri njye ntekereza ko gutera urwenya ari ibintu birimo amafaranga kuko nkanjye nabitangiye nkiri umwana. Gutera urwenya ni ikintu kitari icyo gukinishwa.’’

Uyu musore yunamiye umuvandimwe wa mugenzi we Eric Omondi witwaga Fred Omondi uheruka kwitaba Imana agaragaza ko igihombo gikomeye ndetse impamvu yamwunamiye ari uko yari nk’umuvandimwe we ubwe.

Yagize ati “Ubwo nazaga mu Rwanda bwa mbere nazanye na Fred Omondi niyo mpamvu namuhaye agaciro, ariko mu byumweru bishize yakoze impanuka arapfa. Ni ubuzima.’’

Agaragaza ko mu Rwanda ari ahantu heza ndetse bikunze yazahatura ndetse agashakana n’umunyarwandakazi.

Umwaka ushize iri serukiramuco ryari ryatumiwemo abanyarwenya baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika barimo Herve Kimenyi, Fally Merci, Babu, Michaël Sengazi, Prince bo mu Rwanda;

Hari kandi Tsitsi Chiumya wo muri Afurika y’Epfo, Oga Bachelor wo muri Kenya, Joyeux Bin Kabodjo wo muri DRC na Oualas Tahar Lazrak wo muri Maroc ariko wakuriye muri Côte d’Ivoire, Prissy La Degameuse wo muri Côte d’Ivoire, Ismael Gasore w’i Burundi na Ulrich Takham wo muri Cameroun.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko, Sandrine Umutoni ni umwe mu bari bitabiriye
Rusine ni umwe mu bari bitabiriye iki gitaramo
Nshizirungu Prince ni umwe mu banyarwenya bashimishije benshi
Muhinde ni umwe mu bataramiye abantu bitabiriye iki gitaramo
Michael Sengazi ni umwe mu banyarwenya bashimishije benshi
Mucyo Sandrine wamamaye mu kumurika imideli yashishijwe n'iki gitaramo
Fally Merci ni umwe mu banyarwenya bigaragaje muri iki gitaramo
Hervé Kimenyi ni umwe mu banyarwenya bashimishije abitabiriye
Iki gitaramo cyahariwe abanyarwenya batandukanye muri Afurika
Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n'abantu batandukanye
Igitaramo cyari cyitabiriwe
DJ Clara uri mu bakobwa bagezweho mu kuvanga imiziki niwe wasusurukije abitabiriye
Babou niwe wari MC muri iki gitaramo
Chipukeezy yashimishijwe no kuza mu Rwanda
Cotilda wo muri Uganda yashimishije benshi
Chipukeezy yateye urwenya agaragaza ukuntu abanyarwandakazi ari beza
Akanyamuneza kari kose
Akanyamuneza kari kose ku bitabiriye
Abitabiriye bari bizihiwe
Abanyarwenya batandukanye bahawe umwanya
Abantu batandukanye bari bitabiriye
Abantu basetse barihirika
Abantu batandukanye bari babukereye
Abantu batandukanye barimo n'abera bitabiriye iki gitaramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .