00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mashariki igiye gutangiza ikigo cy’ishuri mu Rwanda

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 21 November 2025 saa 05:59
Yasuwe :

Mu gihe Iserukiramuco rya Mashariki African Film Festival (MAFF) rigiye kuba ku nshuro ya 11, Umuyobozi waryo Trésor Senga, yatangaje ko bari mu myiteguro yo gutangiza “Mashariki Art Academy”.

Ni ishuri bitezeho gushyira itafari mu kuzamura urwego rwa sinema mu Rwanda binyuze mu kwigisha abafite inyota yo kwinjira muri ubu buryo bw’ubuhanzi, no kubasha kujya mu bihugu by’amahanga gukomerezayo amasomo.

Trésor Senga yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, cyibanze ku rugendo rw’iri serukiramuco ndetse anavuga ku bikorwa biteganyijwe mu cyumweru kizahera tariki 22-29 Ugushyingo 2025, aho bazerekana filime ndetse bakanatanga ibihembo ku bahize abandi.

Yavuze ko ‘Mashariki Art Academy’ izatanga amahirwe ku bantu bose, ariko hakabaho kugenzura niba umuntu uyahawe agiye kuyabyaza umusaruro koko.

Ati “Rizaba ari ishuri ritanga amahirwe ku bantu bashaka kwiga sinema ndetse n’ubuhanzi muri rusange. Hazaba harimo ibintu bitatu by’ingenzi, birimo kwiga sinema, kwiga ibijyanye n’umuziki uherekeza filime, kwiga gutegura ahakinirwa filime n’ibindi. Izaba igizwe n’ibintu byinshi cyane cyane bigenderwaho mu gutegura filime cyangwa se kuyikoraho kugeza irangiye.”

Yavuze ko gahunda bafite ari uko bazatangiza iri shuri muri Gashyantare 2026. Bafitanye ubufatanye n’ibigo byo muri Canada, Amerika, u Burayi, u Bwongereza, bizajya bitanga abarimu bazigisha abanyeshuri bo mu Rwanda.

Trésor Senga yatangaje ko kandi bamwe bazajya biyishyurira ahandi bakaba bahabwa buruse yo kwiga mu buryo bwaborohera.

Buri mwaka hazajya habaho itangazo rihamagarira abantu kwiyandikisha, hagaragazwe ibisabwa, hanyuma umuntu wese ufite inyota cyane cyane abasanzwe babirimo, bujuje ibisabwa bahabwe amahirwe.

Trésor Senga yanavuze ko mu guhitamo abanyeshuri bazanifashisha bamwe mu bantu basanzwe bazobereye muri sinema mu guhitamo abanyeshuri baziga muri iri shuri.

Uyu mwaka iserukiramuco rya Mashariki rizabera ahantu hatandukanye hazerekanirwa filime.

Harimo muri Serena Hotel bazakoreramo iminsi ibiri, ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali no kuri Norrsken House Kigali na ho bazahakorera iminsi itatu mu bikorwa byo kwerekana filime n’amahugurwa.

Ku wa 29 Ugushyingo 2025 ni umunsi wo gusoza iserukiramuco na bwo ibi birori bikazabera muri Serena Hotel.

Uyu mwaka filime 100 zizerekanwa muri iri iserukiramuco rigiye kuba rizahuriza hamwe abantu batandukanye, babarizwa mu ruganda rwa sinema mu mpande zitandukanye z’Isi.

Ushaka guhesha igihembo cya “People’s Choice Award” umwe mu bakinnyi ba filime mu Rwanda ukunda ukamuhesha amahirwe yo kwegukana imodoka wakanda hano

Umuntu ushaka kwiyandikisha kugira ngo azabashe kwitabira iri serukiramuco na we yakanda hano

Filime zizerekanwa muri iri serukiramuco harimo izo muri Uganda, Kenya, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda n’abandi.

Umuyobozi wa Mashariki Film Festival, Trésor Senga, yavuze ko bagiye gutangiza ishuri rya sinema mu Rwanda
Habaye ikiganiro n'itangazamakuru cyateguraga iserukiramuco rya Mashariki African Film Festival
Prof. Martin Mhando uzakurikirana imigendekere Mashariki African Film Festival (MAFF) kuva itangiye kugeza isojwe aganiriza abanyamakuru
Abari gutegura Mashariki Film Festival bagiranye ikiganiro n'itangazamakuru
Umuyobozi wa Brussels Airlines mu Rwanda, Audrey Natukunda, yavuze ko kuri iyi nshuro bishimiye gukorana na Mashariki African Film Festival
Fabrizio Colombo ushinzwe ibijyanye n'ubuhanzi muri Mashariki African Film Festival ni umwe mu batanze ikiganiro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages