00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo kwitega mu gice gishya cya ‘Fast & Furious’

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 12 February 2023 saa 07:29
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka ibiri ‘Fast and Furious 9’ isohotse, hagiye gusohoka ikindi gice cyayo cya 10 cyiswe ‘Fast X’ kigaragaramo ibyamamare muri sinema.

Integuza y’iki gice yagiye hanze, ndetse byemejwe ko kizasohoka ku wa 19 Gicurasi 2023.

‘Fast and Furious’ ni filime yakunzwe n’abatari bake ku Isi, igaruka ku itsinda ry’abasore n’abakobwa bafite ubuhanga butandukanye riyobowe na Dominic, bifashishwa na Leta ya Amerika mu kurwanya ibyihebe bitera igihugu.

Mu gace k’integuza ka ‘Fast X’ kagaragaza ibyamamare bizagaragaramo birimo Jason Momoa wakinnye muri ‘Aquaman’, kuri ubu uzakina ari we ntangondwa yihaye guhangana n’itsinda rya Dominic, agamije kuryihoreraho.

Hazagarukamo John Cena wagaragaye mu gice giherutse ari murumuna wa Dominic bagirana amakimbirane, kuri ubu azagaruka afatanya n’itsinda ryabo.

Iyi filime nanone izagarukamo ibyamamare byakinnye mu bice byabanje nka Jason Statham, Ludacris, Michelle Rodriguez n’abandi.

‘Fast and Furious’ ni filime yatangiye gukinwa kuva 2001, igenda isohora uduce dutandukanye uko imyaka yagenda ihita, kugeza ubu igiye gusohora igice cya 12.

Jason Statham azagaragara mu gice cya Fast X
Jason Momoa ni umwe mu bakinnyi bakomeye b'iyi filime

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages