00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abagore bagezweho muri sinema nyarwanda (Amafoto)

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 30 May 2025 saa 07:32
Yasuwe :

Mu rugendo rwa sinema nyarwanda rukomeje gutera imbere, Abanyarwandakazi bakomeje kugaragaza ubushobozi budasanzwe mu gukina no gukora filime zifite ubutumwa bukomeye.

Bamwe muri bo bamaze kwandika izina ku rwego mpuzamahanga, abandi bakaba bari guhindura uburyo sinema nyarwanda ibonwa n’Isi.

Sinema nyarwanda imaze kuba urubuga rugaragaza impano zitangaje z’abagore barimo abamenyekanye muri filime nyinshi zirimo Indoto, Seburikoko, Papa Sava, Maya na Trees Of Peace.

Dore bamwe mu bakinnyi b’Abanyarwandakazi bagezweho muri sinema Nyarwanda mu 2025:

1. Ariane Vanessa

Benshi bamaze kumenya izina Maya, Umunyarwandakazi uyoboye abagezweho mu ruganda rwa sinema mu Rwanda. Yamenyekanye ubwo yakinaga nk’umukinnyi w’imena muri filime y’uruhererekane ya Maya.

Vanessa kandi yakinnye no mu zindi filime zakunzwe nka ‘The Bishop’s Family’, Ibanga, ‘City Maid’, ‘Ishusho ya Papa’ ndetse n’izindi zitandukanye.

Ariane Vanessa wamenyekanye cyane muri filime y'uruhererekane ya 'Maya'

2.Clenia Dusenge

Uyu mukinnyi wa filime yamamaye cyane ku izina rya ‘Madederi’, izina yahawe muri filime y’uruhererekane ya ‘Papa Sava’.

Clenia Dusenge yagaragaje ubuhanga bwe mu gukina filime abinyujije mu zindi yakinnye nka ‘Kaliza wa Kalisa’.

3. Nyambo Jesca

Ni umwe mu bakinnyi ba filime bakiri bato muri sinema nyarwanda gusa akaba amaze kwerekana itandukaniro rye, abinyujije muri filime yakinnye zatumye benshi bamumenya, nka ‘The Message’ na ‘Ibanga’.

Nyambo kandi yanavuzwe cyane mu myidagaduro ubwo yavugwagaho gukundana n’umubyinnyi Titi Brown bitewe no kugaragara kenshi bari kumwe.

4. Mutako Sonia

Uramutse usize izina Mutako Sonia mu bagezweho muri sinema nyarwanda, waba wigiza nkana. Uyu mubyeyi w’umwana umwe yabaye icyamamare binyuze muri filime zirimo ‘Indoto’, ‘Papa Sava’, n’izindi nyinshi.

5. Igihozo Nshuti Mireille

Uyu ni umwe mu bagaragaza ubuhanga mu gikina filime ndetse ari mu bakunzwe na benshi muri sinema yo mu Rwanda.

Kuba amaze kwamamara, abikesha filime yakinnyemo nka ‘Ishusho ya Papa’, na ‘Papa Sava’.

6. Ishimwe Reponse Swalla

Uyu na we ari mu bamaze kubica bigacika muri filime Nyarwanda, aho abifatanya no kugaragara mu ndirimbo z’abahanzi nka ‘Molomita’.

Ishimwe yakinnye muri filime zakunzwe nka ‘City Maid’, ‘The Bishop’s Family’ na ‘Inzira y’Umusaraba’.

7. Saranda Mutoni Olive

Uyu Munyarwandakaza yamaze kugaragaza ko ashoboye sinema nyarwanda. Yamenyekanye muri filime zirimo ‘Indoto’ na ‘The Behind’.

Saranda abangikanya gukina filimi n’ubusizi, kwandika filime n’indirimbo.

8. Cyuzuzo Muvunyi Ange

Ange afatanya gukina filime no kubyina imbyino gakondo. Yamamaye ubwo yakinaga nk’umukinnyi w’imena muri filime ‘Indoto’, nyuma yaho akina mu zindi zirimo ‘Iryamukuru’.

9. Bahavu Jeannette

Ni umwe mu bakinnyi ba filime bamaze igihe kitari gito bigaragaza muri sinema Nyarwanda. Uretse gukina filime, Bahavu aranazandika ndetse akanaziyobora. Yamamaye mu zirimo ‘City Maid’, ‘Inzozi’ na ‘Twins’.

10. Iradukunda Nadine Nana

Ni umukinnyi wa filime ugezweho muri sinema nyarwanda, ndetse yagaragaje ko afite ubushobozi bwo gukina mu buryo butandukanye abinyujije muri filime nka ‘The Pact’, ‘Maya’, ‘Behind’, ‘The 30 Days’ n’izindi nyinshi yakinnye mu bihe bitandukanye.

Iradukunda Nadine wakinnye filime zirimo 'The Pact'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .