Mfuranzima Bruce uzwi cyane ku izina rya G-Bruce, nyuma y’aho yari amaze igihe atagaragara kubera amasomo, G-Bruce yaje no kwerekeza muri imwe munzu nshya itunganya ibihangano by’abahanzi nyarwanda izwi ku izina rya “Touch Records”.
Aganira na IGIHE, G-Bruce yagize ati”nibyo koko maze iminsi nsa naho ncecetse ariko si uko ntacyo nakoraga. Mfite ibikorwa byanjye bya muzika narimo gutegura, birimo indirimbo nshya nza gushyira hanze nyuma y’icyunamo, kuri ubu nkaba nerekeje muri touch records niho ngiye kujya nkorera ibihangano byanjye”.
G-Bruce yakomeje yihanganisha abanyarwanda bose muri rusange muri ino minsi tugiye kwinjiramo y’icyunamo. Yagize ati” nifatanyije n’abanyarwanda bose muri iyi minsi y’icyunamo, kandi turusheho kwibuka tuniyubaka kuko aribwo tuzarushaho gutegura neza ejo hacu hazaza”.
Reba amashusho y’indirimbo "Igihishwe" ya G-Bruce.



















TANGA IGITEKEREZO