Umuhanzikazi El Poeta, uririmba mu njyana ya Hip Hop aratangaza ko yahagaritse muzika kubera ko nta mwanya akiyibonera, kandi nta n’inyungu ayibonamo.
Zuena ‘El Poeta’, akaba n’umugore wa P-Fla bafitanye umwana witwa ’Ortis’, yamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Igitambo’, ‘Menya ibyawe’, ‘Agaciro’, n’izindi nyinshi yaririmbanye n’itsinda ‘Imerial Mafia State (IMS)’ ndetse n’abandi, yamaze gutangaza ko aharitse umuziki burundu kubera ko umwanya we wose yawuhariye amasomo n’akazi akora k’itangazamakuru.
Kuri ubu, El Poeta ni umunyamakuru kuri Contact FM akaba n’umunyeshuri mu Ishuri Rikuru rya AKILA, aho ateganya gukurikirana amasomo y’Icungamutungo.
Yatanagrije CFM ko adateganya gusubira muri muzika, cyakora bitazamubuza kwitabira ibitaramo nk’uko bisanzwe, ndetse ashobora no kuba yanaririmba rimwe na rimwe byo kwinezeza bitari mu rwego rwo kuririmba by’umwuga.
El Poeta ahagaritse muzika amaze gukora indirimbo 5 ze ku giti cye utabariyemo n’izo yaririmbanye na IMS cyangwa se n’abandi.



















TANGA IGITEKEREZO