00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Wizkid na Davido bifashisha amatiku ngo bahore bavugwa?

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 20 April 2026 saa 02:09
Yasuwe :

Umuraperi w’Umunya-Nigeria Emeka Akumefule, uzwi nka Blaqbonez, yatangaje ko asanga umwuka mubi uri hagati y’abafana b’ibihangange bya Afrobeat muri Nigeria, Wizkid na Davido, ari impamvu imwe mu zituma aba bahanzi baragumye ku gasongero k’uruganda rw’umuziki mu myaka ikabakaba 20 ishize.

Aganira n’umwe mu bakoresha shene za Youtube, witwa Korty EO, Blaqbonez yavuze ko aba bahanzi bashobora kuba banakundana ariko amakimbirane ari mu bafana babo ntibayahagarike kugira ngo bakomeze gucuruza ndetse yongeraho ko aba bahanzi bishutse bakumvikana bahita bazima.

Ati “Wizkid na Davido ntabwo bazima. Urwo rwango ni rwo rutuma bazahora bayoboye iteka. Baramutse bakundana, byahita birangira. Urukundo ni urw’abana. Abahanzi bashobora gukundana ariko abafana ntibakundana.”

Blaqbonez wavuze na we yiteguye kwakira uwakwifuza ko bahangana, avuga ko uyu mwuka mubi ujya mu bafana ari wo utuma abahanzi bakomeza kuvugwa, ibituma babona akazi kanyuranye kuko baba bigaruriye isoko ry’umuziki.

Blaqbonez yemeje ko amakimbirane ya Wizkid na Davido atuma bahora bavugwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages