Nubwo byagiye bivugwa kenshi ko itsinda Tuff Gangs ryasenyutse cyangwa itakiriho, nyamara ba nyir’ubwite bakabigarama ntacyo bashingiraho, ubu noneho ngo Tuff Gangs igiye kuba ikigo cyigenga cyita ku myidagaduro.
Nk’uko umuhanzi Fireman ugize itsinda rya Tuff Gangs yabitangarije IGIHE, yagize ati “ igihe kirageze ngo Tuff Gangs igire igikorwa kigaragara, kuba buri muntu yabona inyungu akuye bikorwa bitandukanye nk’iva mu marushanwa ya PGGSS, tukayigabana ntibihagije, ahubwo tuzajye dushyira hamwe inyungu twubake Company yita ku muziki”.
Nubwo ateruye ngo avuge neza ibizakorerwa muri icyo kigo gishya cya Tuff Gangs, Fireman avuga ko hatarimo kuba baririmbira hamwe nk’itsinda, ariko bazakomeza kwitwa Tuff Gangs kandi bashyize hamwe ariko intego ari ukwiteza imbere nk’abagize Tuff Gangs.
Tuff Gangs igizwe na Firemen, Jay Polly, Bull Dog na Green P ngo rizatangiza iki kigo muri Kanama 2013, bikazatuma abakunzi ba Tuff Gangs barushaho kuyiyumvamo ndetse nayo ubwoyo ikagira imbaraga zirusha iza mbere.
Indirimbo Amaganya y’itsinda Tuff Gangs



















TANGA IGITEKEREZO