00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Theo Bosebabireba, Mico The Best, Senderi na Young Grace batumiwe mu gitaramo gisoza umwaka i Rubavu

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 28 December 2025 saa 06:52
Yasuwe :

Abahanzi barimo Mico The Best, Senderi International Hit, Theo Bosebabireba na Young Grace; bagiye guhurira mu gitaramo cyo gusoza umwaka wa 2025 no kwinjiza abanyabirori bo mu Karere ka Rubavu mu wa 2026.

Ni igitaramo cyiswe “Rubavu New Year Celebration”, kizamara iminsi ibiri, guhera ku wa 31 Ukuboza 2025 no ku wa 1 Mutarama 2026, kikazabera ahazwi nko kuri Hoteleri.

Uretse aba bahanzi bazaturuka i Kigali abazitabira bazataramirwa n’itsinda The Same rizwi cyane mu Karere ka Rubavu, N T Ziyo ndetse n’uwitwa Mr Giant.

Muri iki gitaramo kizayoborwa na MC T Blaise, DJ Chris niwe uzavanga imiziki, mu gihe band yitwa Global Music nayo izaba yabukereye.

Niyonsenga Sanctos Germain, umwe mu bateguye iki gitaramo, avuga ko bahisemo abahanzi batandukanye kugira ngo basangire iminsi mikuru n’abakunzi babo.

Ati “Ni mu ntumbero yo gutanga ibyishimo ku baturage no kubafasha kubona aho basohokera ku munsi mukuru nk’uyu wa Bonane.”

Kwinjira muri iki gitaramo bizaba ari 2.000 Frw.

Aba bahanzi bagiye guhurira mu gitaramo i Rubavu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages