00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Shakira yasubitse kimwe mu bitaramo binini kubera urubyiniro

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 31 May 2025 saa 08:50
Yasuwe :

Shakira yahagaritse igitaramo cye yagombaga gukorera i Washington D.C kubera ko urubyiniro yagombaga gukoresha rutabashije kugera aho cyari kubera.

Umunyamuziki w’icyamamare ukomoka muri Colombia yari ategerejweho kuririmbira mu gitaramo cyari giteganyijwe ku wa Gatandatu muri WorldPride, ibirori biri mu binini ku Isi bikorwa n’abari mu muryango w’ababana bahuje ibitsina, LGBTQ+.

Abateguraga igitaramo bavuze ko cyahagaritswe kuko “ibikoresho byose bigize urubyiniro rwa Shakira bitashoboye kwimurirwa i Washington, D.C. ku gihe.”

Shakira w’imyaka 48 yamenyekanye mu ndirimbo nka Wherever, Whenever yavuze ko “ababaye cyane” kuko “ibyo bitaramo bitashobotse muri iyi nshuro.”

Sosiyete Live Nation itegura ibitaramo, yavuze ko “hari ibibazo byari mu bwubatsi” bw’urubyiniro.

Shakira ni umwe mu bahanzi bakomeye bo muri Amerika y'Amajyepfo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .