00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sauti Sol itarimo Bien-Aimé yataramiye i Kigali(Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 1 December 2024 saa 11:38
Yasuwe :

Batatu mu baririmbyi bane bari bagize itsinda Sauti Sol baririmbiye i Kigali mu gitaramo cyiswe ’Sol Fest Kigali Pre Party’, bahuriyemo n’abahanzi bakomeye mu Rwanda.

Ni igitaramo cyabereye muri Kigali Universe kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2024. Cyatumiwemo abahanzi b’Abanyarwanda bamaze kubaka izina rikomeye barimo Mike Kayihura, Ariel Wayz ndetse na Drama T wo mu Burundi.

Ariel Wayz ni we wabimburiye abandi bahanzi ku rubyiniro saa tanu z’ijoro, aririmba Zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe zirimo “You Should Know”, “Shayo”, “Demo” n’izindi

Hakurikiyeho Mike Kayihura waririmbye indirimbo zitandukanye zirimo “Anytime”, “Jaribu”, “Sabrina” n’izindi. Uyu muhanzi yishimiwe na benshi muri iki gitaram.

Sauti Sol yari itegerejwe na benshi niyo yakurikiyeho. Iri tsinda ryaririmbye ridafite Bien-Aimé Baraza uri mu baririmbyi b’imena baryo.

Gusa ubwo bageraga ku kibuga cy’indege baje muri iki gitaramo Savara Mudigi yari yavuze ko Bien-Aimé Baraza atazaboneka muri iki gitaramo bagiye gukorera i Kigali bitewe n’uko hari ikindi gitaramo yari afite muri Tanzania kuri uyu wa Gatandatu.

N’ubwo uyu mugabo atari ari kumwe na bagenzi be, iri tsinda rya batatu ryashimishije benshi binyuze mu ndirimbo baririmbye zirimo “Melanin” , “Suzana” n’izindi.

Iri tsinda risoje kuririmba Drama T wo mu Burundi yatunguranye aza ku rubyiniro aririmba indirimbo ze zirimo “For your love” afitanye na Juno na “Kosho” iri mu zikunzwe i Kigali.

Iki gitaramo cyatewe inkunga n’uruganda rwa Skol Brewery Ltd cyacuranzemo DJ Sonia na DJ June.

‘Sol Fest Kigali Pre Party’, yabanjirije ikindi gitaramo cyiswe Sol Fest giteganyijwe kubera i Nairobi muri Kenya ku wa 19-21 Ukuboza 2024.

Byitezwe ko ku wa 19 Ukuboza 2024 hazaba igitaramo cya Sol Fest cya VIP ndetse n’icyo ku wa 21 Ukuboza 2024 kigenewe abakunzi b’umuziki muri rusange.

Ni ibitaramo biteganyijwe kwitabirwa n’abahanzi barimo Khaligraph Jones na Nyashinski.

Willis Austin Chimano yaririmbiye abari bitabiriye iki gitaramo baranyurwa
Polycarp Otieno ukundirwa ubuhanga bwe mu gucuranga guitar yashimishije benshi i Kigali
Delvin Savara Mudigi na we yishimiwe. Uyu musore we na bagenzi be bari bagize Sauti Sol buri wese yatangiye urugendo rushya mu muziki
Batatu bagize itsinda rya Sauti Sol barimo Polycarp Otieno ubanza ibumoso, Willis Austin Chimano ndetse na Delvin Mudigi bataramiye i Kigali
Aba basore bari mu bitaramo bisoza urugendo rwabo rw'umuziki
Muri Kigali Universe hari hakubise huzuye
Mike Kayihura yaririmbye indirimbo ze zigezweho
Mike Kayihura ukundirwa ubuhanga bwe n'ijwi ridasanzwe, yataramiye abari bitabiriye
MC Iradukunda Bertrand ni we wayoboye iki gitaramo
Miss Umutoni Witness[iburyo] ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo
Drama T yatunguranye muri iki gitaramo
Drama T yaririmbye indirimbo ze zikunzwe
Drama T w'i Burundi ni umwe mu baririmbiye muri iki gitaramo
Ariel Wayz yataramiye abari bitabiriye iki gitaramo barishima
Ariel Wayz yaririmbye ibihangano bye bitandukanye byiganjemo ibigezweho
Abari bitabiriye batashye banyuzwe
Aba-DJ b'intoranywa nibo bafashije abari bitabiriye kwishima

Amafoto: Ingabire Nicole


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .