Umuhanzi Senderi International Hit yaje ku isonga mu bahanzi baririmbye bagashimisha abantu benshi mu gitaramo cy’irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star III mu Karere ka Nyamagabe kuri uyu wa 18 Gicurasi 2013.
Ibi Senderi yabigezeho yifashishije kuzana umukinnyi w’amakinamico uzwi cyane witwa Kanyombya ndetse n’abafana bakomeye mu ikipe ya Rayon Sport barimo uwitwa Rwarutabura n’abandi. Aba bafana be, uretse kuba bavuzaga imyirongi irangurura amajwi cyane (vuvuzera), bari banaje bitwaje ibitambaro bigaragaza ko biteguye kuzamutora.
Abandi bafana ba Senderi bari baje bisize amarangi umubiri wose bazengurukaga imihanda y’i Nyamagabe baririmba ko bashyigikiye Senderi International Hit. Ubwo yaririmbaga, uyu muhanzi yongeye gushimangira ko natsinda irushanwa rya PGGSS III azagurira ikipe ya Rayon Sport abakinnyi babiri.
Kimwe mu byatumye Senderi International Hit ahagurutsa abantu benshi cyane kandi ni uko yaririmbye indirimbo ‘Abareyo’ akarushaho kwibutsa abafana b’iyi kipe ko bagomba kumutora. Kanyombya na Rwabutabura nabo bamufashaga kubyina banasetsa abantu.
Undi muhanzi wagaragaje gushimisha abanfana benshi muri iki gitaramo ni Riderman. Uyu we, nk’ibisanzwe muri Roadshows, yaririmbye indirimbo ze zihuta nka “Umwana Uhiye”, “Bomboribombori” nuko abafana be bagaragaza ko bamwishimiye.
Abahanzi nka Kamichi na Mico Prosper batari babashije gushimisha abafana babo, nk’uko byari byitezwe, mu gitaramo cyabereye i Rusizi nabo barushijeho kwikosora.
Amwe mu mafoto:
Reba andi mafoto menshi y’uko iki gitaramo cyagenze HANO



















TANGA IGITEKEREZO