TMZ yatangaje ko uyu muhanzi yakuwe mu kasho yari yarashyizwemo nyuma yo gufatwa ateza akavuyo akanarwanira n’umugororwa mugenzi we muri gereza ya ’Federal Correctional Institute’ iherereye i New Jersey, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Diddy yari yarwanye n’umugabo bivugwa wamwendereje akamubwira nabi, barasunikana, kugeza ubwo bateranye ibipfunsi. Icyakora, inzego z’umutekano muri iyo gereza zahise zitabara.
Ntibizwi niba azongererwa igifungo kubera iyi myitwarire muri gereza.
Biteganyijwe ko Diddy azafungurwa bidasubirwaho ku wa 20 Gashyantare 2028 nihatagira igihinduka. Byatewe n’uko yagiye agabanyirizwa igihe mu mezi 50 (imyaka ine n’amezi abiri) yari yarakatiwe mu Ukwakira kwa 2025 azira ibyaha bibiri bifitanye isano no gufata ku ngufu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!