Jacob Obunga wamamaye mu muziki nka Otile Brown, yagaragaje ko yageze i Kigali binyuze mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, aho yavuze ko yaje gushyigikira The Ben.
Ati “Muraho bantu beza, ni umuhungu wanyu Otile Brown, ndi hano mu Rwanda i Kigali. Iri joro biraba ari ibicika ku bw’umuvandimwe wanjye The Ben. Ndishimye ku bwe’’.
Ntabwo Otile Brown yasobanuye niba ari buririmbe mu gitaramo cya The Ben, dore ko banigeze gukorana indirimbo bise ‘Can’t Get Enough’ yabiciye mu minsi yashize, gusa biravugwa ko yaba ari buririmbe bitewe n’amakuru amaze iminsi ashimangira ko hari abahanzi bakomeye mu karere bazaririmba mu gitaramo cya The Ben.
Otile Brown ugezweho muri Kenya, yakunzwe mu bihangano binyuranye birimo ‘Jeraha’, ‘One Call’, ‘Such Kinda Love’ n’izindi zatumye yamamara hirya no hino.
Iki gitaramo cya The Ben gihanzwe amaso na Benshi ari bunamurikiremo album ye nshya. Kirabera muri BK Arena kuri uyu wa 1 Mutarama 2025.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!