Ngabonziza yari amaze igihe arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK).
IGIHE yahawe amakuru yo uyu musaza yari amaze igihe arwaye kandi arembye.
Ngabonziza yamenyekanye mu muziki wo hambere muri orchestre Les Citadins ya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iyi yayishinganye na mukuru we Ngaboyisonga Bernard.
Yagize uruhare mu ishingwa rya Orchestre Irangira mu 2000 yashinganye Nikobisanzwe André Gromyko.
Orchestre Irangira yakanyujijeho cyane ahazwi nko kwa Lando yataramiraga buri wa Gatandatu. Gusa ahagana mu 2007 nibwo iyi Orchestre yaje gusenyuka bitewe n’impamvu zitavugwaho rumwe hagati y’abari bayigize.
Ngabonziza yamenyekanye mu ndirimbo zirimo “Rugori Rwera”, “Ancilla”, ‘‘Have Winsiga’’ n’izindi zitandukanye, zatumye aba umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye.
Reba zimwe mu ndirimbo z’uyu mugabo



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!