00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kendrick Lamar yakuyeho agahigo kari gafitwe na Michael Jackson

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 12 February 2025 saa 10:32
Yasuwe :

Umuraperi Kendrick Lamar yamaze gukuraho agahigo kari gafitwe na Michael Jackson, ko kugira abantu benshi barebye igitaramo cye mu mukino wa Super Bowl.

Kendrick Lamar yabaye umuhanzi wa mbere mu mateka wagize umubare munini w’abantu benshi barembye igitaramo cye mu mukino wa Super Bowl, aho bangana na miliyoni 133.5.

Ibi byatumye akuraho agahigo kari gafitwe na nyakwigendera Michael Jackson ufatwa nk’umwami w’ijyana ya Pop. Igitaramo cye cye muri Super Bowl cyarebwe n’abantu miliyoni 133.4) mu 1993.

Umuraperi Kendrick Lamar yabashije gukuraho aka gahigo ka Michael Jackson mu gitaramo yakoreye mu mukino wa nyuma wa Super Bowl wabaye ku wa 9 Gashyantare 2025. Wahuje ikipe ya Kansas City Chiefs na Philadelphia Eagles.

Ibi abikoze mu gihe aherutse guca n’agahigo ko gutwara ibihembo bitanu bya Grammy ku ndirimbo imwe gusa. Iyi ndirimbo ni ‘Not Like Us’ yakoze yibasira Drake, ndetse nayo yayiririmbye muri iki gitaramo cya Super Bowl 2025 cyatumye yandika amateka mashya.

Kendrick Lamar yakuyeho agahigo kari gafitwe na Michael Jackson mu gitaramo cya Super Bowl
Igitaramo cya Michael Jackson cyo muri Super Bowl yo mu 1993 kiri mu byarebwe cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .