00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hadutse umwuka mubi hagati ya Bobi Wine na Gravity

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 20 February 2024 saa 08:39
Yasuwe :

Umwuka mubi wongeye kwaduka hagati y’umuraperi Gravity n’Umunyepolitike Bobi Wine utavuga rumwe na Guverinoma ya Uganda.

Gravity uri mu bahanzi bagezweho muri Uganda, yatangaje ko Bobi Wine amugeze ahabi asibisha indirimbo ze kuri YouTube, aho ngo yahereye ku yitwa ‘Doboozi lya mutuze’ yari imaze iminsi mike igiye hanze.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Gravity avuga ko Bobi Wine yasibishije indirimbo ye, kubera ko igaruka ku bantu bafite ubugugu bukabije, bakoresha abakene mu nyungu zabo.

Yavuze ko uyu munyepolitike ari umwe mu bantu bameze batyo, kandi ko bidatinze amabara ye ya nyayo azajya ku karubanda, abantu bakamenya uwo ari we.

Ati “Ngaho murebe umuntu ushaka impinduka kuko indirimbo yanjye ivuga ku banyabugugu n’ibisambo, wahisemo kuyisibisha. Bobi Wine arashaka ko mpunga, nkaba impunzi iwacu ariko ntaho nzajya.”

Yakomeje agira ati “Bajya bafata abakene nk’aho badatekereza neza, bakadukina batekereza ko tutazi imikino yabo. Batekereza ko guhisha rubanda amabara yabo aribyo bizabakiza. Ibaze umuntu ushaka kuba Perezida, agakorera ibintu bimeze bitya umuhanzi ukizamuka.”

Nubwo Gravity yibasiye Bobi Wine gutya ariko, bamwe mu bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga batunze agatoki imyitwarire idahwitse y’uyu muhanzi, bamwibutsa ko ashobora kuba yaribye amajwi y’indirimbo ‘Kiwaani’ uyu munyapolitike, amaze igihe ashyize hanze.

Si ubwa mbere aba bombi bajya mu ntambara y’amagambo ku mbuga nkoranyambaga, kuko mu ntangiriro z’uyu mwaka, Gravity yibasiye Bobi Wine, igihe yavugaga ko abahanzi badakwiye guhabwa amafaranga na Leta.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages