Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri, umuhanzi Ngarukiye Daniel, aherekejwe na Dady de Maximo, yahagurutse mu Rwanda yerekeza mu gihugu cy’u Busuwisi kwerekana umuco w’u Rwanda.
Amakuru IGIHE dukesha inshuti za hafi z’uyu muhanzi avuga ko yatumiwe n’Abanyarwanda baba muri iki gihugu.
Ngarukiye yagiye gucurangira aba banyarwanda baba mu Busuwisi, ndetse abakumbuze ku muco w’u Rwanda binyuze mu nanga gakondo n’indirimbo.
Daniel yerekeje muri iki gihugu nyuma ya King James uherutse gutaramari yo, mu birori bya “Happy People 2013”.
Ibi byerekana urukundo abanyarwanda baba mu mahanga bagifitiye umuco wabo aho bari hose.
Indirimbo ya Daniel "Why Did She"



















TANGA IGITEKEREZO