Uyu muraperi w’imyaka 53 yabitangaje mu gihe yari hagati mu gitaramo mu iserukiramuco rya Detty December Fest ryabereye i Lagos.
Busta Rhymes yavuze ko ateganya kwimukira muri Nigeria nyuma yo guhagarika umuziki, aho azanahashingira umuryango.
Yagaragaje ko urugendo rwe muri Nigeria rwari urwihariye cyane, ashimangira ko byamutwaye imyaka 15 ngo abone amahirwe yo kuhagera.
Ati “Ndimo gushaka inzu hano, ndimo kureba imitungo nagura. Ndi no gutekereza gushaka umugore, ku buryo igihe nzaba nahagaritse akazi, nzatura hano burundu.”
Uyu muririmbyi ntiyigeze ashaka umugore, icyakora, afite abana batandatu yabyaranye n’abagore bane batandukanye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!