00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bulldogg agiye guhurira ku rubyiriniro na Yosh B Bahati wo muri RDC muri MIC Tribe

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 6 February 2026 saa 09:56
Yasuwe :

Umuraperi Bulldog agiye guhurira ku rubyiniro n’abandi bahanzi bakomeye mu njyana ya Hip Hop barimo Yosh B Bahati wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho bazahurira mu gitaramo cya “Mic Tribe” kigiye kuba ku nshuro ya gatatu.

Iki gitaramo kizaba ku wa 7 Gashyantare 2026 muri Mundi Center i Kigali. Ni nyuma y’icya kabiri cyitabiriwe cyane cyabaye tariki 1 Ugushyingo 2025.

Kuri iyi nshuro Mic Tribe yitezweho gukomeza guha injyana ya Hip-Hop nyarwanda urubuga rwo kwigaragaza no kuruhando mpuzamahanga.

Iki gitaramo cyateguwe na Mundi Center cyatewe inkunga n’Uruganda rwa Skol Brewery Ltd rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, binyuze mu kinyobwa cyarwo cya Skol Malt.

Abandi bahanzi bazaririmba muri iki gitaramo harimo B- Threy, Logan Joe, Pro Zed, Fifi Raya, n’undi muhanzi wubatse izina muri RDC, Yosh B Bahati.

Amatike yo kwinjira agurwa binyuze hano

Pro Zed na we ategerejwe muri the Mic Tribe
Logan Joe mubazasusurutsa abitabiriye the MIC Tribe
FIfi Raya ni umwe mu bahanzi b'abakobwa bazasusuritsa abantu muri the Mic Tribe
Bulldog ni umwe mu bahanzi bakuru bazitabira the Mic Tribe
B Threy azaba ari ku rubyiniro muri the Mic Tribe kuri Mundi Center

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages