00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

“Unkumbuje u Rwanda”, indirimbo igaragaza aho igihugu kigeze mu iterambere

Yanditswe na
Kuya 23 September 2013 saa 03:30
Yasuwe :

Intore Tuyisenge Jean de Dieu ari gufata amashusho y’indirimbo ye “Unkumbuje u Rwanda” yitiriye Album, aho avuga ko yifuza kugaragaza isura nyayo y’iterambere u Rwanda rugezeho nk’uko abiririmba muri iyi ndirimbo icuranze mu mudiho wa Kinyarwanda.
Mu kiganiro na IGIHE, Tuyisenge yagize ati “muri iyi ndirimbo nagaragajemo tumwe mu duce nyaburanga nka Karongi (Kibuye), uruganda r’amakaro rwa Nyagatare, Isumo rya Rusumo, isuku y’Umujyi wa Kigali n’ibindi”.
Yongeraho ati “Nifuje ko iyi (…)

Intore Tuyisenge Jean de Dieu ari gufata amashusho y’indirimbo ye “Unkumbuje u Rwanda” yitiriye Album, aho avuga ko yifuza kugaragaza isura nyayo y’iterambere u Rwanda rugezeho nk’uko abiririmba muri iyi ndirimbo icuranze mu mudiho wa Kinyarwanda.

Mu kiganiro na IGIHE, Tuyisenge yagize ati “muri iyi ndirimbo nagaragajemo tumwe mu duce nyaburanga nka Karongi (Kibuye), uruganda r’amakaro rwa Nyagatare, Isumo rya Rusumo, isuku y’Umujyi wa Kigali n’ibindi”.

Yongeraho ati “Nifuje ko iyi ndirimbo yazagaragaramo ibikorwa cyane kurusha amagambo, ibi bikorwa nzabivanga n’imbyino gakondo n’amashusho yerekana iterambere u Rwanda rugezeho”.

Tuyisenge, usanzwe uririmba indirimbo zitaka zikanareshya abashoramari bo hanze kugana u Rwanda, aso0za agira ati “Ndacyakeneye ariko ibitekerezo kugira ngo iyi ndirimbo ‘Unkumbuje u Rwanda’ izanogere abantu”.

Mu gihe cya vuba, Tuyisenge azashyira hanze amashusho y’iyi ndirimbo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .