00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuhanzi Tuyisenge yafunzwe amasaha 24 azira kugura ibijurano

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 5 August 2013 saa 12:56
Yasuwe :

Mu cyumweru gishize, umuhanzi uririmba indirimbo za gakondo Intore Tuyisenge Jean de Dieu, w’imyaka 23, yafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’i Nyamirambo azira kugura telefone y’ibihumbi birindwi ya Nokia y’injurano. Iyi telephone yibanywe na Ipad igura ibihumbi magana ane na mirongo itanu y’u Rwanda (450,000Rwf).
Aganira na IGIHE, Tuyisenge yagize ati “Ni agatelefone ka nokia nari naguze ku Iposita ngaha murumuna wanjye. Baje kugafata nuko ababwira ko ari njye wayimuguriye nuko njyayo (…)

Mu cyumweru gishize, umuhanzi uririmba indirimbo za gakondo Intore Tuyisenge Jean de Dieu, w’imyaka 23, yafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’i Nyamirambo azira kugura telefone y’ibihumbi birindwi ya Nokia y’injurano. Iyi telephone yibanywe na Ipad igura ibihumbi magana ane na mirongo itanu y’u Rwanda (450,000Rwf).

Aganira na IGIHE, Tuyisenge yagize ati “Ni agatelefone ka nokia nari naguze ku Iposita ngaha murumuna wanjye. Baje kugafata nuko ababwira ko ari njye wayimuguriye nuko njyayo kubisobanura. Namazeyo umunsi umwe”.

Tuyisenge avuga ko kugira ngo afungurwe yabanje gutanga ingwate y’amafaranga angana n’ibihumbi magana ane na mirongo itanu, ahwanye n’agaciro k’iyo Ipad yibwe.

Intore Tuyisenge wamamaye cyane mu ndirimbo "Tora Kagame" na "Unkumbuje u Rwanda"

Tuyisenge agira ati “Nabwo na nyir’ukwibwa telefone yerekana ko n’ubwo telefone ari twe twayifatanywe twasohotse twemeranyije ko tugiye gufatanya gushakisha”.

Tuyisenge yabwiye IGIHE ko ibikorwa bye bya muzika bikomeje, ubu akaba afite indirimbo ivuga ku buhinzi n’ubworozi nshya yitwa “Gahorane Imana” yagejeje imbere y’akanama k’abashinzwe kuyijora mbere y’uko ijya hanze.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .