00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ricky Password yatunguwe no kudahamagarwa muri TPF 6

Yanditswe na

Hamenya John Robert

Kuya 25 September 2013 saa 10:43
Yasuwe :

Umuhanzi Ricky Password avuga ko yatunguwe no kutisanga ku rutonde rw’abagombaga guhamagarwa ngo bitabire amarushanwa ya TPF 6, bitegenijwe ko abera muri Kenya mu ntangiriro z’ukwezi kwa cumi (Ukwakira).
Aganira na IGIHE, Password yasobanuye ko yari yujuje ibyo yari yasabwe byose ariko agatungurwa no kudahamagarwa.
Yagize ati “Peace (mugenzi we wahamagawe) niwe twuzuzanye ibyangobwa byose badusabaga, ibyo yohereje nibyo nohereje nk’uko bari babidusabye ariko naje gutungurwa no kumva (…)

Umuhanzi Ricky Password avuga ko yatunguwe no kutisanga ku rutonde rw’abagombaga guhamagarwa ngo bitabire amarushanwa ya TPF 6, bitegenijwe ko abera muri Kenya mu ntangiriro z’ukwezi kwa cumi (Ukwakira).

Ricky Password ubwo yari mu majonjora mu marushanwa ya Tusker yitwaje gitari ye

Aganira na IGIHE, Password yasobanuye ko yari yujuje ibyo yari yasabwe byose ariko agatungurwa no kudahamagarwa.

Yagize ati “Peace (mugenzi we wahamagawe) niwe twuzuzanye ibyangobwa byose badusabaga, ibyo yohereje nibyo nohereje nk’uko bari babidusabye ariko naje gutungurwa no kumva ntahamagawe”.

Tariki ya 20 Nzeri abahanzi barimo Elion Victory, Peace Jolis n’uwitwa Fiona berekeje muri Kenya, aho bari bagiye guhatanira kuzatorwamo abazahagararira ibihugu byabo.

Amakuru agera kuri IGIHE ni uko aba bahanzi bagarutse i Kigali.

Ku itariki ya 3 Ukwakira 2013, ku mateleviziyo arimo Citizen na RTV hazerekanwa bwa mbere uko aba bahanzi bitwaye muri Kenya.

Tariki ya 6 Ukwakira 2013, hatangazwe urutonde rw’abazaba bemerewe kujya mu Nzu izaberamo aya marushanwa (Academy), nk’uko tubikesha urubuga runyuzwaho amakuru ya TPF 6.

Uhereye i bumoso ni Elion Victory, Fiona na Peace
Ubwo bamwe mu bahanzi berekezaga muri Kenya, Ricy Password we ntiyari yahamagawe

Password asanzwe amenyerewe mu njyana ya Rock, ariko kuri ubu asa n’uwahinduyeho gato, aho asigaye anayivanga n’injyana gakondo. Yakunzwe mu ndirimbo nka Twibyinire, Ndababaye, Wikozeho yakoranye na Bull Dogg, Mbega Wowe, Africa n’izindi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .