00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Queen Cha yahawe impamyabumenyi ya Kaminuza

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 21 August 2014 saa 05:14
Yasuwe :

Mugemana Yvonne uzwi cyane mu muziki mu Rwanda ku izina rya Queen Cha, yahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza.
Uyu muhanzi yigaga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye. Yize mu ishami ry’ubuhinzi, agashami k’ibinyabuzima no kubibungabunga ‘Zoology and conservation’. Nyuma yo guhabwa impamyabumenyi, Queen Cha yihaye intego yo gukora cyane ku buryo umuziki we uzava ku rwego wari uriho akiri mu ishuri ukagera kure. Queen Cha uherutse gushyira hanze amashusho y’indirimbo (…)

Mugemana Yvonne uzwi cyane mu muziki mu Rwanda ku izina rya Queen Cha, yahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza.

Uyu muhanzi yigaga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye. Yize mu ishami ry’ubuhinzi, agashami k’ibinyabuzima no kubibungabunga ‘Zoology and conservation’. Nyuma yo guhabwa impamyabumenyi, Queen Cha yihaye intego yo gukora cyane ku buryo umuziki we uzava ku rwego wari uriho akiri mu ishuri ukagera kure.

Queen Cha uherutse gushyira hanze amashusho y’indirimbo ‘Kizimyamwoto’ afatanyije na mubyara we Safi Madiba, ngo hari indi mishinga y’indirimbo nshya azashyira hanze mu minsi mike iri imbere.

Ati, “Abafana banjye nababwira ko mfite imishinga mishya kandi izabashimisha. Nkirangiza guhabwa impamyabumenyi nzakora cyane kurushaho. Ntabwo nzabatenguha ubu ndahari kandi ingufu ni zose”

KIZIMYAMWOTO YA QUEEN CHA NA SAFI:

Nyuma yo kurangiza amasomo, ngo Queen Cha yizeye ko azashyira imbaraga cyane mu muziki dore ko mu myaka ine ishize yahuraga n’imbogamizi zirimo amasomo zatumaga adakurikirana ubuhanzi bwe uko bikwiye.

Mu ntangiriro z'iki cyumweru, Diddy-zo wahoze muri Jay-Kid na we yahawe impamyabumenyi mu ishami rya Pharmacie

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .