00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Murumuna wa Queen Cha wari waburiwe irengero yabonetse

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 15 June 2015 saa 09:17
Yasuwe :

Mugemana Cynthia murumuna wa Queen Cha wari umaze hafi iminsi ikabakaba icumi yaraburiwe irengero umuryango we utazi aho aherereye, yabonetse muri Gare ya Nyanza ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Kamena 2015.

Mu kiganiro na Queen Cha, yaduhamirije aya makuru y’uko murumuna we yabonetse ndetse bamaze kumugeza mu rugo. Kugeza ubu nta kibazo na kimwe baramubaza ku bijyanye n’ibura rye n’impamvu yamuteye kuva mu rugo akajya ahatazwi.

Yagize ati “Yampamagaye ejo, yampamamageje numero ntazi ambwira ko tumusanga muri Gare i Nyanza. Sinzi aho yabaga, ubu ari mu rugo ariko ntituramubaza byinshi. Twamuretse ngo abanze atuze, yumve ko ari mu rugo nta kibazo”

Mugemana Cynthia w’imyaka 18, ni murumuna wa Queen Cha bavukana kuri se Mugemana Charles. Yabuze kuva mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 7 Kamena 2015, abonetse nyuma y’uko umuryango we watanze amatangazo ahantu hatandukanye, wifashisha Polisi ndetse na benshi mu nshuti zabo bakwirakwije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bamushakisha.

Queen Cha yabonye uyu murumuna we i Nyanza

Mugemana Cynthia wari warabuze, ngo nta kibazo na gito yari afite mu muryango we ndetse abana yiyiganaga na bo muri APACE babwiye umuryango wa Queen Cha ko nta kibazo na gito bigeze bamubonaho mbere y’uko abura.

Uyu mukobwa yari amaze igihe ashakishwa ku mbuga za internet

Ava mu rugo yagiye nta muntu abwiye aho agiye, ndetse ngo muri icyo gitondo nta muntu wo mu muryango bavuganye. Mbere yo kubura kwe, ngo yari umwana ubanye neza n’abandi haba mu muryango we no ku ishuri aho yigaga.

Cynthia wari waburiwe irengero ni mubyara wa Safi
Mugemana Cynthia yabonetse i Nyanza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .