00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Miss Shanel witegura kwibaruka yagaragaje ubwambure bw’inda ye (Amafoto)

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 24 August 2015 saa 08:25
Yasuwe :

Nirere Ruth uzwi mu muziki nka Miss Shanel, ari mu mu munyenga ukomeye mu gihe we n’umugabo we Guillaume Favier bitegura kwibaruka imfura yabo ndetse yasazwe n’ibyishimo yifotoza agaragaza ubwambure bw’inda ye.

Miss Shanel yifotoje agaragaza imiterere y’inda ye nyuma y’iminsi mike ishize yizihije umwaka umwaka ushize arushinze.

Mu butumwa buherekeje aya mafoto yashyize kuri Facebook, Miss Shanel yasobanuye ko muri iki gihe yafashe ikiruhuko mu muziki kugira ngo abanze yibaruke umuntu mushya we na Favier bitegura kwakira mu muryango wabo.

Yagize ati “Nshuti zanjye, mu mezi make ashize nababwiye ko nari natangiye umushinga mushya wa album n’umuhanzi ukomeye witwa Jean Baptiste Ferré[…] mubibona ku mafoto, ubu nafashe ikiruhuko …( Yeeaaahhhh ndishimye bihambaye)”

Miss Shanel ubwo yiteguraga kwibaruka

Miss Shanel na Guillaume Favier bambikaniye impeta i Paris ku itariki ya 2 Kanama 2014 . Nyuma yo gusezerana, ku itariki ya 25 Ukwakira uyu Munyarwandakazi yeretse umuryango we umukwe wabo wanahise atanga inkwano.

Miss Shanel ubana n’umugabo we mu Bufaransa afite ishimwe rikomeye nyuma y’uko amaze umwaka arushinze ndetse by’umwihariko akaba yishimira ko mu minsi ya vuba azibaruka imfura ye.

Miss Shanel yamenyekanye mu buhanzi butandukanye cyane cyane muzika. Gusa yagiye anagaragara mu gukina filime, ikinamico no kuvuga imivugo. Mu ndirimbo azwi muri ’Ndarota’, Ubufindo n’izindi.

Shanel yabaye afashe ikiruhuko mu muziki
Miss Shanel yari afite amashyushyu yo kwakira uyu mwana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .