00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intangiriro nziza umusozo mubi ni byo byaranze igitaramo cya Mico Prosper

Yanditswe na

Vénuste Kamanzi

Kuya 16 Gashyantare 2013 saa 03:13
Yasuwe :

Igitaramo cy’umuhanzi Mico Prosper yamurikagamo umuzingo we(album) yise “Umutaka”, cyagaragaje imitegurire iri ku rwego rushimishije ariko kiza kurangira nabi kuko umuhanzi mpuzamahanga ukomoka mu gihugu cya Tanzania Diamond wari utegerejwe na benshi atahageze ntihagire n’usobanurira abafana icyabiteye.
Iki gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki ya 15 Gashyantare 2013, kibera i Gikondo ahakunze kubera imurikagurisha. Cyatangiye neza n’umubare munini w’abantu ndetse usa n’uri (...)

Igitaramo cy’umuhanzi Mico Prosper yamurikagamo umuzingo we(album) yise “Umutaka”, cyagaragaje imitegurire iri ku rwego rushimishije ariko kiza kurangira nabi kuko umuhanzi mpuzamahanga ukomoka mu gihugu cya Tanzania Diamond wari utegerejwe na benshi atahageze ntihagire n’usobanurira abafana icyabiteye.

Iki gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki ya 15 Gashyantare 2013, kibera i Gikondo ahakunze kubera imurikagurisha. Cyatangiye neza n’umubare munini w’abantu ndetse usa n’uri hejuru ugereranyije n’ibindi bitaramo bisanzwe bihabera bijyanye n’ubuhanzi.

Abashyushyabirori Ka­te Gustave (wambaye a­kagofero k'umukara), A­nita Pendo na Tino

Abahanzi nka B-Gun, Elion Victory, King James, Jay Polly, Ama G the black, Urban Boys, Kamichi, Uncle Austin, Kitoko (Utari uteganyijwe ku bagomba kuririmba ariko watangarije IGIHE ko yaje kuririmba kugira ngo atere ingabo mu bitugu mugenzi we yubaha kandi akunda kuko bakora injyana zisa), Bruce Melody.

Aha umuraperi Ama-G The Black yarebaga abafana ubwo yaburaga umucurangira indirimbo yo kuririmba (playback)

Mico Prosper wari nyir’igitaramo; basusurukije abantu by’umwihariko Mico wakoze umuziki w’ako kanya (live music) agashimisha abafana.

Mu gihe abahanzi bose bari bateganyijwe bari bamaze kuririmba, ikivunge cy’abantu cyegereye ku rukiniro (stage) ngo bakirane urugwiro Diamond, umushyushyabirori araza aravuga ati uyu muhanzi tugiye kwakira ntasanzwe (danger) kuva ubwo abantu barahagarara barambiwe barataha.

Ibi byatewe n’uko umuhanzi Diamond atigeze ava iwabo muri Tanzania, ku mpamvu zitaramenyekana.

Mico Prosper mu gitaramo hagati yabwiye abanyamakuru ko ibya Diamond biri buze bitunguranye (surprise), nyamara amakuru yari yamaze gusakara ko atakije.

Nyuma Mico yongeye kuvuga ko nta bintu byinshi yabivugaho gusa yishyuye Diamond amafaranga yo kuza kuririmba ibihumbi bitandatu by’amadorari, ndetse bakanamwishyurira itike y’indege.

Uko iki gihombo kizakurwamo ntacyo yabivuzeho, kuko atashakaga kuvugana n’itangazamakuru kuri iki kibazo.

Abafana bamaze kurambirwa kandi nta n’umuntu babona uza kubasobanurira uko byagenze bafashe umwanzuro baritahira, ariko bataha bijujuta bamwe bavuga ko bababaye kuba batabonye Diamond kandi ari we wari wabazanye.

Andi mafoto:

Umuraperi Jay Polly wagaragarijwe ko yishimiwe cyane; aha yaririmbaga indirimbo ye nshya yitwa "2x2"
King James anyonga umuziki agaragaza amarangamutima menshi mu ndirimbo ye nshya ya Zouk "Ohh Lala"
Mico The Best yaje kumurika Album ye yambaye ikoti rya rijya gusa n'ikigina n'ishati y'umutuku
Mico yazanye inyogosho nshya yihariye; umusatsi uciyemo imirongo hejuru y'ugutwi ijya kuba nk'ururabo rwizingazinga
Mico The Best yaririmbye umuziki wa LIVE
Abitabiriye igitaramo cya Mico Prosper bari benshi banagaragaza ko bishimye
Ubwinshi bw'abantu hari aho bwatezaga umuvundo no kubyigana
Umuraperi Ama-G The Black, umwe mu bakunzwe kubera indirimbo ye "Uruhinja" yaririmbanye n'umuhanzi Gisa
Itsinda rya B-Gun ryafung­uye igitaramo ririmba
Bayingana David umenyerewe nk'umunyamakuru w'imikino kuri Radio 10 nawe yanyuzagamo akaba DJ asimbuye DJ Bissosso
Kid Gaju ukunze guko­rera umuzikiwe muri Uganda
Mc Tino yahaye impano umwe mu bakobwa bari bambaye neza amusaba ko yaza kubwira umugabo we cyangwa se umukunzi we ati "Mc Tino arankunda!"
Kwereka urukundo hagati y'abakundanye byari bigikomeje n'ubwo umunsi w'abakundanye warangiye
Ubwo Jay Polly yageraga ku rubyiniro (stage) yakiranywe urugwiro n'abafana be
Urban Boyz nabo basusurukije abantu mu ndirimbo zabo nshya zirimo Ibitenge, Bagupfusha ubusa bafatanijemo n'abandi bahanzi, Bibaye n'izindi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .