00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mico The Best yakoze indirimbo iha ikaze abitabiriye CHAN

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 16 January 2016 saa 11:00
Yasuwe :

Umuhanzi Mico The Best ukorera umuziki we muri Super Level yashyize hanze indirimbo ‘Welcome CHAN’ iha ikaze amakipe ndetse n’abantu bose bitabiriye iri rushanwa rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro yaryo ya kane.

Mu kiganiro Mico yagiranye na IGIHE ubwo yatugezagaho iyi ndirimbo, yasobanuye ko yishimiye kuba u Rwanda nk’igihugu cye cyakiriye iri rushanwa, avuga ko ari umwanya mwiza w’abahanzi kugaragariza abashyitsi urukundo n’urugwiro babinyujije mu nganzo.

Yagize ati, “Nagiye nkunda kubona imyiteguro ya CHAN itandukanye ariko sinakumva indirimbo zayo nyinshi, byatumye mfata umwanya wo kwicara nkora indirimbo igaruka kuri iri rushanwa ndetse mpa ikaze n’abantu bose baryitabiriye.”

Arongera ati, “Usibye guha ikaze abaje mu Rwanda kubera CHAN, iyi ndirimbo ikubiyemo bimwe mu bintu by’ingenzi buri munyarwanda wese akwiye kumenya kuri iri rushanwa kuko hari bamwe batabizi.

Urugero, nk’amakipe yitabiriye iri rushanwa, ni ku nshuro ya kangahe ribaye n’ibindi bitandukanye”.

Mico The Best yakomeje avuga ko nk’umunyarwanda na we yifuje gutanga umusanzu we mu guha ikaze abashyitsi baje mu Rwanda bitabiriye CHAN akaba yabinyujije mu mpano ye y’ubuhanzi.

Yaboneyeho gukangurira abanyarwanda bose by’umwihariko abafana be gushyigikira ikipe y’Amavubi kugira ngo izagere ku intsinzi.

Ushobora kumva iyi ndirimbo


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .