00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kitoko yagiye i Kampala bucece kunoza umushinga n’umukobwa ukomoka mu Rwanda

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 1 March 2016 saa 01:00
Yasuwe :

Kitoko Bibarwa uba mu Bwongereza yagiye muri Uganda mu Mujyi wa Kampala gusoza umushinga w’indirimbo afitanye na Sheebah Karungi, umuhanzi ukomeye uri iki gihugu ufite inkomoko mu Rwanda.

Kitoko akunzwe muri iyi minsi mu ndirimbo “Urankunda Bikandenga” na “Sibyo ft Meddy”.

Mu minsi mike ishize yagiye i Kampala avuye mu Bwongereza aho yiga, ntiyabivuze mu itangazamakuru nk’uko byagenze ku ngendo yagiriye muri Amerika ajya gukorana na Producer Lick Lick.

Jeff Kiwanuka usigaye areberera inyungu za Sheebah Karungi, yavuze ko Kitoko n’uyu mukobwa bakoranye indirimbo bise “Am In Love” yamaze kurangira ariko ntirajya hanze.

Muri 2014 na bwo Kitoko yagiye i Burundi ahahurira na Producer Piano bahakorera indirimbo yise “Mama”.

Kitoko na Sheebah Karungi bakoze indirimbo bise "Am In Love"

Sheebah Karungi w’imyaka 29, ni umuhanzi ukomeye muri Uganda akunzwe cyane mu ndirimbo “Malidadi “, “Go Down Low ft Pallaso”, “Otubatisa ft Irene Ntale” n’izindi.

Uyu Sheebah Karungi azwi cyane mu itsinda rya Obsession. Mu myaka itandatu ishize yakoze indirimbo zitabarika zakunzwe zirimo iyitwa “Mwekumwe” na “Twekumwe”. Yakoranye n’abahanzi bakomeye mu Karere nka Jua Kali wo muri Kenya.

Sheebah Karungi, ni umwe mu bakobwa bagaragaza imyambarire idasanzwe muri Uganda

Avuka kuri se w’Umunyarwanda na nyina w’Umugandekazi ufite inkomoko muri Ankole. Muri 2012 Sheebah yaje kuba i Kigali aho yakoreraga ibitaramo muri The Manor Hotel i Nyarutarama.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .