00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kitoko ategerejwe i Kigali kuwa Gatatu

Yanditswe na Munyengabe Murungi Sabin
Kuya 11 July 2017 saa 11:41
Yasuwe :

Kitoko Bibarwa, umuhanzi wubatse izina mu muziki w’injyana ya Afrobeat mu Rwanda, aritegura kugaruka mu Rwanda avuye mu Bwongereza aho amaze imyaka ine aba.

Kitoko yari amaze igihe kinini aba mu Bwongereza, yagiyeyo avuga ko ajyanwe n’amasomo aho yize ibirebana na Politiki muri Kaminuza.

Uyu muhanzi uherutse gukora indirimbo yise ‘Amadayimoni’yabwiye IGIHE ko azagera ku kibuga cy’Indege cya Kigali saa tatu n’igice z’ijoro kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Nyakanga 2017.

Yavuze ko impamvu nyamukuru imuzanye ari uko azaririmba mu bikorwa byo kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Kitoko ati “Ikinzanye ni ibikorwa nzaririmbamo byo kwiyamamaza mu matora ya Perezida”.

Mu matora ya Perezida aheruka kuba mu 2010, Kitoko yari umwe mu bahanzi baherekezaga Paul Kagame aho yafatanyaga n’abarimo Tom Close, Tuyisenge, Senderi, King James n’abandi.

Kitoko yagiye mu Bwongereza kuwa 29 Werurwe 2013 ku mpamvu z’amasomo ya Kaminuza. Yageze i Burayi abanza kwihugura mu bijyanye n’imivugire inoze y’Icyongereza nyuma yiga ibijyanye na Politike.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .