00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyamakuru Safari Kim Kizito agiye kurushinga

Yanditswe na

Jean Paul Ibambe

Kuya 20 May 2014 saa 03:42
Yasuwe :

Umunyamakuru, umuhanzi akaba n’umushushyarugamba (MC), Safari Kim Kizito agiye kurushingana n’umukobwa witwa Umugwaneza Joie Liliane.
Ubukwe bwa Kim Kizito na Umugwaneza Joie Liliane buteganyijwe kuba ku itariki ya 26 Nyakanga 2014, aho bazasezeranira imbere y’Imana muri Katederali yitiriwe Mutagatifu Mikayire i Kigali nk’uko bigaragara ku rupapuro rw’ubutumire bw’aba bombi.
Kim Kizito amaze imyaka itatu akundana na Liliane nk’uko bigaragara ku ifoto umukunzi we yashyize hanze muri Mata (…)

Umunyamakuru, umuhanzi akaba n’umushushyarugamba (MC), Safari Kim Kizito agiye kurushingana n’umukobwa witwa Umugwaneza Joie Liliane.

Kim Kizito n'umukunzi we Liliane.

Ubukwe bwa Kim Kizito na Umugwaneza Joie Liliane buteganyijwe kuba ku itariki ya 26 Nyakanga 2014, aho bazasezeranira imbere y’Imana muri Katederali yitiriwe Mutagatifu Mikayire i Kigali nk’uko bigaragara ku rupapuro rw’ubutumire bw’aba bombi.

Kim Kizito amaze imyaka itatu akundana na Liliane nk’uko bigaragara ku ifoto umukunzi we yashyize hanze muri Mata uyu mwaka abinyujije ku rukuta rwe rwo ku rubuga rwa Facebook.

Bamaranye imyaka itatu mu rukundo.

Kim Kizito azwi nk’umunyamakuru wa Radio 10 igihe kirekire, kuri ubu akaba akunze kugaragara mu biganiro byerekena irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star bica kuri Televiziyo y’ u Rwanda. Anakora kandi mu isosiyete East African Promoters itegura PGGSS.

Mu buhanzi, uyu musore ni umwe mu bahanzi batangije itsinda rya Just Family yaje kuvamo agakora umuziki ku giti cye.

Umva indirimbo ya Kim Kizito hano

Muri Nyakanga bazambikana impeta y'urudashira.
Liliane umukunzi wa Kim Kizito
Ubwo Umukunzi wa Kim Kizito yiziohizaga isabukuru.

Kwamamaza

Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Inkuru ziheruka - Amakuru

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .