00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kid Gaju na The Ben basohoye amashusho y’indirimbo bakoreye i Kampala

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 April 2017 saa 11:13
Yasuwe :

Kid Gaju usanzwe akora umuziki wiganjemo Dancehall na Afrobeat igezweho yashyize hanze amashusho y’indirimbo yahuriyemo n’umuririmbyi The Ben uheruka kuza gukorera igitaramo mu Rwanda.

Indirimbo ya Kid Gaju na The Ben bayise ‘Kami’, yatunganyirijwe i Kampala muri Gashyantare 2017 nyuma y’igitaramo uyu muhanzi usigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakoreye muri Uganda.

The Ben yabwiye IGIHE ko umushinga wo gukorana iyi ndirimbo wakozwe nyuma y’uko yabisabwe na Kid Gaju, ngo yabyemeye atazuyaje kuko yumvise ibihangano by’uyu muhanzi asanga afite icyerekezo na gahunda ifatika mu muziki.

Yagize ati “Kid Gaju yansabye ko dukorana indirimbo ndamwemerera kuko n’ubusanzwe nkunda gukorana n’abandi bahanzi. Yaranyegereye turaganira, twumvikana ku mushinga turawukora urarangira.”

Yongeyeho ko mu gihe yamaranye na Kid Gaju muri Uganda ho bakoreye indirimbo ngo yamubonyemo ubushake no kugira umuhate cyane mu guharanira guteza imbere umuziki w’u Rwanda hanze y’igihugu.

Ati “Kid Gaju ni umuhanzi ufite ubushake, imbaraga no gushaka kugira icyo abwira umuryango nyarwanda binyuze mu muziki. Afite ukuntu ashaka kuzamura umuziki nyarwanda, abifite ku mutima, namwemereye ko dukorana kuko afite impano kandi ari kuzamuka neza.”

Kid Gaju asanzwe ashakisha uburyo bwo gukorana n’abahanzi bakomeye mu muziki, yigeze gukora indirimbo yahuriyemo na Good Life, Cindy n’abandi bari kwigaragaza neza muri Uganda.

Yavuze ko mbere yo gukorana indirimbo na The Ben atigeze abitekereza kuko ngo yumvaga uyu muhanzi nagera mu Rwanda azakorana n’abandi bakunzwe cyane cyangwa abo bahuriye mu gitaramo i Kigali. Ati “Ntabwo nihaga amahirwe ko The Ben yava muri Amerika yagera mu Rwanda akaba ari njyewe dukorana indirimbo. Numvaga bariya yakoranye na bo mu gitaramo ari bo yagombaga guheraho.”

Kid Gaju ashimira The Ben umutima yamugaragarije mu gihe bakoranaga iyi ndirimbo

Kid Gaju yavuze ko afite indi mishinga ikomeye yifuza kuzashyira hanze mu gihe kidatinze haba iyo yakoreye muri Uganda aho yari amaze iminsi n’indi ateganya gukorera mu Rwanda.

The Ben aheruka kuza mu Rwanda ahakorera ibitaramo

KAMI, indirimbo nshya ya Kid Gaju afatanyije na The Ben


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .