00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jay Polly yahaye umuriro n’amazi incike za Jenoside

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 24 April 2015 saa 08:51
Yasuwe :

Umuraperi Jay Polly afatanyije na Touch Entertainment bamaze kugeza umuriro n’amazi mu miryango itatu itishoboye yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Karere ka Rwamagana.

Nk’uko Jay Polly abitangaza we na Label abarizwamo bifuje gufasha bamwe mu batishoboye barokotse Jenoside ndetse bagakangurira Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko kurangwa no gufasha muri iyi minsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 21.

Jay Polly na Touch Entertainment babinyujije mu bukangurambaga bwo gukusanya inkunga y’abarokotse Jenoside batishoboye bise ‘Gira Ubuntu Campain’ babashije kubona amafaranga yabafashije kugeza umuriro n’amazi mu ngo eshatu z’incike za Jenoside zo mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari.

Ku ruhande rwe, uyu muraperi ahamya ko ari ikintu gikomeye kuba hari umubare muto w’abarokotse Jenoside yabashije gufasha ndetse agakangurira abahanzi bose gukora iyo bwabaga bagakoresha impano zabo mu gufasha u Rwanda guhangana n’ingaruka za Jenoside.

Incike eshatu Jay Polly yagejejeho umuriro n’amazi muri Rwamagana ni Nyiranzana Thérèse w’imyaka 83, Nyirabagande Xaverine w’imyaka 73 na Mukagacinya Godelieve wa 53. Iki gikorwa cyatwaye amafaranga y’u Rwanda 4,227,000 .

Nk’uko Clesse J Marc Sady ureberera inyungu za Jay Polly na Touch Entertainment yabitangarije IGIHE ngo bagiye gukomeza gukora ubukangurambaga bakomeze gukusanya inkunga ubu bufasha batanze i Rwamagana bazabukorere no mu tundi turere bitewe n’ubushobozi bazabona.

Jay Polly afatanyije na Touch bafite intego yo gukomeza gukora ibikorwa byo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye by’umwihariko ibi bikorwa bikazajya bikorwa mu gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka buri mwaka.

Izi ngo ubu zifite umuriro n'amazi
Iki gikorwa cyakozwe binyuze mu bukangurambaga bwitwa 'Gira Ubuntu'
Nyuma yo kugeza umuriro n'amazi muri izi ngo, ubuyobozi bwa Touch n'ubw'Umurenge bwasuye izi ncike
Ubu bukangurambaga Jay Polly yise 'Gira Ubuntu' abufashwamo n'abahanzi batandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .