00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jay Polly agiye muri Kenya kurangiza indirimbo afitanye na Jaguar

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 14 April 2015 saa 10:04
Yasuwe :

Umuraperi Jay Polly wari umaze iminsi mu bikorwa byo gukusanya inkunga y’abarokotse Jenoside batishoboye, ari kwitegura urugendo azakorera muri Kenya aho azaba agiye gukorana indirimbo na Jaguar, uri ku isonga muri iki gihugu mu gukundwa.

Nyuma yo kwegukana Primus Guma Guma Super Star ,umuraperi Jay Polly yatangiye imishinga yo gutunganya album ya Gatanu izaba igizwe n’indirimbo ziri mu ndimi z’amahanga akazanashyiramo umwihariko w’indirimbo agiye gukorana n’abahanzi bakomeye mu Karere nka Bebe Cool na Jaguar wo muri Kenya.

Mu kiganiro n’ubuyobozi bwa Touch Entertainment ari nayo ikurikirana inyungu za Jay Polly mu muziki bwemeje ko indirimbo uyu muhanzi azahuriramo na Jaguar izakorerwa muri Kenya. Jay Polly azerekeza muri iki gihugu mu byumweru bibiri biri imbere.

Mu kiganiro Jay Polly yagiranye na IGIHE, yavuze ko iyi ndirimbo azakorana na Jaguar ari imwe mu zizaba zigize album ya Gatanu. Ngo arashaka ko izerekana urwego rwisumbuye umuziki we umaze kugeraho nubwo hari abagitsimbaraye bavuga ko abahanzi nyarwanda bagifite urugendo rurerure.

Jay Polly ati “Ni album izaba igizwe n’indirimbo ziri mu ndimi zitandukanye, hazaba harimo indirimbo nakoranye n’abahanzi batandukanye bo hanze. Ndashaka ko izaba album ibereka ko umuziki wacu hari urwego umaze kugeraho, igomba kuzakurura abanyamahanga na bo bakiga Ikinyarwanda ku bwo gushaka gusobanukirwa uburyohe bw’ubutumwa buyikubiyemo.”

Uyu muraperi yizeye ko urugendo azakorera muri Kenya ruzabyara umusaruro ukomeye ku muziki we ndetse azavayo amaze gutunganya amashusho y’iyi ndirimbo azahuriramo na Jaguar.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .