00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Frankie Joe agiye guhuza Tayo, Alusa, Sabina na Kidum mu gitaramo i Kigali

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 25 February 2015 saa 12:43
Yasuwe :

Frankie Joe ari kunoza imishinga ya nyuma y’igitaramo ateganya gukorera mu Mujyi wa Kigali akazahurizamo bamwe mu bo yabanye na bo muri Big Brother Africa barimo Sabina(Kenya), Tayo(Nigeria) na Alusa(Kenya).

Mu kiganiro na IGIHE, Frankie Joe yavuze ko ageze kure imyiteguro y’iki gitaramo azamurikiramo album ye ya mbere yise ‘Alive to Love’ kizahuriramo bamwe mu byamamare yasangiye nabyo ubuzima bwo muri Big Brother Africa ya 9.

Impamvu nyamukuru yamuteye kuzana aba bantu yabanye na bo muri Big Brother ngo ni ukugira ngo bibabere umwanya mwiza wo gusura u Rwanda, kumenya amateka yarwo, aho rugeze mu iterambere bityo bazasakaze inkuru bahasanze basubiye iwabo.

Ati “Nzaba ndi kumwe n’abantu twabanye muri Big Brother Africa barimo Tayo wo muri Nigeria, Sabina na Alusa bo muri Kenya; Arthur na we tuzaba turi kumwe. Hari n’abandi nkivugana na bo, bizaterwa n’abaterankunga nzabona, ubundi nateganyaga ko bose nabazana i Kigali, uko ari 24 bagahurira i Kigali.”

Sabina wo muri Kenya na we ategerejwe i Kigali

Frankie kandi azaba afatanyije na Kidum wanamaze kumwemerera ko agomba kuzaba ahari. Ati “Kidum na we yamaze kwemeza ko agomba kuzaza kumfasha , igitaramo kizaba ku itariki ya 27 Werurwe 2015 , namaze guhabwa aho nzakorera muri Serena Hotel. Nta kibazo na gito kirimo”

Frankie joe na Tayo

Kuri ubu, Frankie yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Byina uza unsanga’ nayo ikazaba iri kuri album ya mbere agiye kumurika.

Alusa wo muri Kenya yari inshuti ikomeye ya Frankie muri BBA

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .