00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubwo yamurikaga Album ya kabiri , Dominic Nic yasabwe no kumurika umukunzi we

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 8 August 2012 saa 11:24
Yasuwe :

Umwe mu basusurutsabirori umenyerewe ku magambo asetsa, Edouard Bamporiki, wari uyoboye igitaramo cyo kumurika Album ya kabiri y’umuhanzi Dominic Nic yamusabye ko mbere yo kumurika Album ya gatatu yazabanza akamurika umukunzi we.
Iki gitaramo cyabereye mu Gicumbi cy’Umuco I Remera muri Stade Amahoro ku cyumweru tariki ya 5 Kanama 2012.
Dominic Nic aganira na IGIHE, nyuma y’iki gitaramo, yavuze ko kuri we yumva igihe kitaragera gutangaza ku mugaragaro umukunzi we. Yagize ati:“Ibi ntacyo (…)

Umwe mu basusurutsabirori umenyerewe ku magambo asetsa, Edouard Bamporiki, wari uyoboye igitaramo cyo kumurika Album ya kabiri y’umuhanzi Dominic Nic yamusabye ko mbere yo kumurika Album ya gatatu yazabanza akamurika umukunzi we.

Iki gitaramo cyabereye mu Gicumbi cy’Umuco I Remera muri Stade Amahoro ku cyumweru tariki ya 5 Kanama 2012.

Dominic Nic aganira na IGIHE, nyuma y’iki gitaramo, yavuze ko kuri we yumva igihe kitaragera gutangaza ku mugaragaro umukunzi we. Yagize ati:“Ibi ntacyo nabitandangazaho ndacyari mo kubyigaho kandi rwose ndacyari muto ntekereza yuko ntarakererwa, igihe kuri njye mba mbona kitaragera, tu!”,

Dominic Nic yanze kurenzaho byinshi avuga ariko ko afite umukunzi kandi azatangaza igihe nikigera kuko ngo kuruhande rwe ibi abifata nk’ibintu byo kwitondera kandi kubitangaza atari byo biba byihutirwa cyane.

Uretse aya magambo ya Edouard yasekeje abantu benshi, igitaramo cya Dominic Nic cyagenze neza kandi kinitabirwa n’abantu benshi ku buryo hari ababuze aho bicara. Dominic Nic avuga ko yishimiye iki gitaramo kandi ko ashimira Imana. Yagize ati:"Nishimiye rwose uko igitaramo cyagenze neza. Natunguwe n’umubare w’abantu benshi baje kunshyigikira, barimo abahanzi bagenzi banjye, abanyamakuru, inshuti, abavandimwe banjye, umubyeyi wanjye n’abandi bose bankunda bantunguye barimo nabo twiganye kera byanejeje pe, Imana ishimwe niyo yabikoze”.

Iki gitaramo kitabiriwe n’abahanzi bagenzi be benshi barimo Fortran wo mu Burundi, Emile nzeyimana Umunyarwanda ukorera ubuhanzi bwe muri Kenya, Aime Uwimana, The Blessing Family, Liliane Kabaganza, Patient Bizimana, Iwacu Music itsinda ry’abasore baririmba indirimbo zihimbaza Imana, bamwe mu bagize Chorale Maranatha, Knowless, Producer Clement, Bahati (Just Family), Kizz Kizito na Mani Martin.

Album Umubavu ya Dominic Nic igizwe n’indirimbo umunani (audio) zirimo Machozi ya Nini, Ashimwe, Uruwera, Nyuzuza yakoranye na Fortrand, Komerezaho yakoranye na Bright, Heri wewe n’izindi.

Mu mafoto

Bamwe mu bakunzi ba Dominic bari baje bitwaje amabendera yanditseho amazina ye
Dominic Nic yahawe impano n'abafana be
Umwe mu bafana ba Dominic yamugaragarije ko amwishimiye bigeza aho amarira ashoka
Abanrtu bari benshi ku buryo bamwe bahagaze hanze
Abantu bari benshi mu gitaramo cya Dominic Nic
Dominic Nic yanyujijemo akirigita n'imirya ya gitari mu ndirimbo "Ndanakimwe Canganga"
Umuhanzi Liliane Kabaganza ari mu bahanzi baririmbye mu gitaramo cya Dominic Nic
Umususurutsabirori Edouard Bamporiki ari kumwe na nyina wa Dominic Nic
Knowless, Mike Karangwa (Salax) hamwe na Rukundo (RTV) bishimye mu gitaramo cya DOminic Nic
Umuhanzi Fortrand yaturutse i Burundi aza gushyigikira Dominic Nic

Foto:Irakoze R.



KANDA HANO USHOBORE KUMVA
  Umubavu By Dominic Nic

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages