Nyuma yo gukorana igitaramo muri Club Rouge ho muri Uganda, mu mopera z’icyumeru gishize Knowless agiye kuzana umuhanzi w’icyamamare mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba Dr Josee Chameleon mu Rwanda.
Ni mu gitaramo kizabera muri Serena Hotel, kuwa munani 8 Werurwe cyo kumurika Album ye ya kabiri yise “Uwo Ndiwe”.
Aganira na IGIHE, Producer Clement Ishimwe, ukorera indirimbo Knowless akaba n’umunyanama we yavuze ko gahunda yo kuzana Dr Josee Chameleon muri iki gitaramo bari basanzwe bayifite n’ubwo bayujuje neza mu gitaramo baheruka guhuriramo. Ishimwe yavuze ko hari indirimbo nshya aba bahanzi bombi bakoranye.
Uretse Dr Josee Chameleon, iki gitaramo kizaba kirimo abandi bahanzi nyarwanda nka Chritopher, Tom Close, Masamba, Mariya Yohani, Tonzi, Aline Gahongayire n’abandi.














TANGA IGITEKEREZO