00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ben Nganji yasogongeje Abanyakigali ku ‘Nkirigito’ (Amafoto)

Yanditswe na

Munyengabe Murungi Sabin

Kuya 1 August 2015 saa 03:00
Yasuwe :

Ben Nganji benshi bamenye mu buhanzi bw’inkirigito n’indirimbo zitandukanye nka Mbonye umusaza, Nsazanye inzara, Rehema, Habe n’akabizu n’izindi yakoze igitaramo cye cya mbere bwite yise ‘Inkirigito Concert’.

Muri iki gitaramo cyari kigamije kumurika ibihangano bishya bya Ben Nganji haba mu ‘Nkirigito’ n’indirimbo, yagihuriyemo n’abandi bahanzi bakunzwe barimo KNC, abakirigitananga Sophia Nzayisanga na Daniel Ngarukiye.

Benshi mu bitabiriye iki gitaramo cya Ben Nganji bari bafite amashyushyu menshi yo kubona Ntamukunzi Theogene acuranga iningiri muri za ndirimbo ze zakanyujijeho ha mbere. Indirimbo ze zose, Ntamukunzi yaziririmbye abifashijwemo n’abafana wabonaga ko baryohewe no kubona uyu musaza acuranga.

Byabaye akarusho ubwo Ben Nganji yageraga ku rubyiniro. Benshi mu bafana bari bitabiriye iki gitaramo bazamutse bamusanga kuri Stage bamufasha kuririmba ze nka "Uzabe umugabo", “Uyu mukecuru”, ’Rehema’ n’izindi.

Benshi ariko, bakomeje kuzamura amajwi babwira Ben Nganji ko bashaka ko abanyurizaho urwenya bamuziho yise ‘Inkirigito’.

Inkirigito ni inganzo y’umwihariko yahimbwe na Ben Nganji, ni izinga rizingiyemo igitwenge gituruka mu ruhererekane rw’amagambo, ahindagurikira mu nteko z’amazina. Inkirigito itera gutwenga, ikaba ikubiyemo inyigisho haba izo mu Rwanda no mu bindi bice by’Isi, haba mu gihe cyashize n’ikizaza.

Ben Nganji yakoze mu nganzo yerekana ko ‘Inkirigito’ ari ubuhanzi kamere bumurimo, byari ku nshuro ya mbere kuri benshi mu Banyakigali bari baje gushyigikira uyu muhanzi dore ko ibitaramo yayerekaniragamo yabikoreraga mu Majyepfo aho yigaga mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda.

KNC yagaragaje ko afite ubuhanga mu muziki wa Live
Nzayisenga Sophia yashimishije benshi mu gukirigita inanga
Ntamukunzi Theogene yacuranze iningiri benshi bararyoherwa
Ben Nganji mu ndirimbo 'Mbonye umusaza'
Bagiye mu mwuka kubera gutwarwa n'umuziki
Abarasita bagenzi be baje kumushyigikira
Ben Nganji yakoze igitaramo cye cya mbere bwite nyuma y'imyaka umunani ishize
Inyuma barakata umuziki

Amafoto: Bizimana Jean


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .