00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nicki Minaj ashobora gutabwa muri yombi

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 5 January 2025 saa 11:43
Yasuwe :

Umuhanzikazi w’Umunyamerika Nicki Minaj, yajyanywe mu nkiko n’uwahoze ari umujyanama we umushinja kumuhohotera.

TMZ yatangaje ko uyu mugore ashobora gukurikiranwa nyuma y’ibirego byo gukubita no gukomeretsa byatanzwe n’uwahoze ari ‘manager’ we, Brandon Garrett.

Iki kinyamakuru gitangaza ko abapolisi bo mu Mujyi wa Detroit basabye icyemezo cyo kumuta muri yombi, kuri ubu kikaba kiri gusuzumwa n’ubushinjacyaha. Uyu mugabo avuga ko Nicki Minaj yamuhohoteye mu 2024.

Garrett arashinja Nicki Minaj ibyaha birimo icyo gukubita, gukomeretsa no gutera nkana akababaro k’amarangamutima, agasaba indishyi z’akababaro.

Nicki Minaj yajyanywe mu nkiko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages