00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

iHeartRadio Music Awards: Taylor Swift na Post Malone batwaye ibihembo byinshi

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 18 March 2025 saa 02:10
Yasuwe :

Abahanzi batandukanye bakomeye muri Amerika no hanze yayo, barangajwe imbere na Taylor Swift begukanye ibihembo bya ‘iHeartRadio Music Awards’ byatangwaga ku nshuro ya 12.

Ibirori byo gutanga ibi bihembo byabaye tariki 17 Werurwe 2025, biyoborwa n’umuhanzi LL Cool J.

Benson Boone uri mu bahanzi bagezweho, yahawe igihembo cy’umuhanzi waririmbye indirimbo nziza y’umwaka abikesheje iyo yise “Beautiful Things”.

Mu 2021 ni bwo umugabo yaherukaga kwegukana iki gihembo. Icyo gihe, cyahawe The Weeknd, abikesheje indirimbo ‘Blinding Lights’.

Billie Eilish yahawe igihembo cya album y’umwaka abikesheje iyo yise “Hit Me Hard and Soft”. Yari ihatanye mu cyiciro nk’iki muri Grammy Awards 2025 ariko Beyoncé aza kwegukana igihembo abikesheje iyo yise “Cowboy Carter”.

SZA yabaye umuhanzikazi mwiza w’umwaka mu njyana ya R&B, yandika amateka kuko ni uwa gatatu uhawe iki gihembo yikurikiranya, nyuma yo kuvana yo guhigika H.E.R. watwaye iki gihembo mu 2020-2021.

Abahanzi batatu b’abagore bashimiwe by’umwihariko. Muri abo harimo Lady Gaga wahawe igihembo cya “iHeartRadio Innovator Award”, Mariah Carey wahawe icya “iHeartRadio Icon Award” ndetse na Taylor Swift ahabwa icya “Tour of the Century” abikesheje ibitaramo yakoze bya ‘Eras’.

Nelly yahawe igihembo cya “iHeartRadio Landmark Award” mu rwego rwo guha icyubahiro album ye yo mu 2000 yise “Country Grammar”.

Muri ibi bihembo Taylor Swift yegukanye ibihembo icyenda birimo icy’umuhanzi w’umwaka, Post Malone aba uwa kabiri kuko yatahanye bine, naho Lady Gaga, Sabrina Carpenter, Shinedown, Charli xcx, Feid na Peso Pluma batwara bibiri bibiri.

Tyla yahigitse abahanzi batandukanye bakomeye barimo Burna Boy, Central Cee, Tems na YG Marley mu cyiciro cya “World Artist of the Year”.

Uyu mukobwa wo muri Afurika y’Epfo amaze iminsi atwara ibihembo byinshi, ahigika abahanzi batandukanye bahatana mu byiciro byahariwe abanyamahanga mu bihembo byo muri Amerika.

Ushaka kureba abegukanye ibihembo, wakanda hano: https://www.billboard.com/music/awards/2025-iheartradio-music-awards-winners-list-1235924293/

Mariah Carey yahawe igihembo cy'umugore wakoze ibikorwa by'indashyikirwa
Lady Gaga na we ni umwe mu bahawe ibihembo
Benson Boone yatwaye igihembo cy'indirimbo y'umwaka
Billie Eilish n'umuvandimwe we Finneas nibo baririmbye indirimbo ifungura ibirori

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .