00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Danny Nanone yasabye Leta kwita ku kibazo cy’abagabo bahohoterwa

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 18 March 2025 saa 01:44
Yasuwe :

Danny Nanone yagaragaje ko hari abagabo bahohoterwa bagaceceka, bityo inzego zitandukanye za Leta zikwiye guhagurukira iki kibazo kuko ari kimwe mu bibangamye kandi bidakunze kuvugwa cyane.

Uyu muhanzi yabikomojeho mu kiganiro The Choice Live nyuma y’inkuru ziherutse gusakara z’umukobwa witwa Busandi Moreen umushinja kumwima indezo z’umwana babyaranye, ndetse akaza no gutera iwe, agasohora ibikoresho bye.

Danny Nanone yabajijwe niba abona hari abagabo bahohoterwa, asubiza ko bahari kandi ari ikibazo inzego za Leta zikwiye guha umurongo.

Ati “Sindi bubivuge neza nk’uko ubivuze gusa icyo navuga ni uko ababishinzwe n’ababifitiye ububasha, bazajye bareba impande zombi.”

Uyu muhanzi kandi yasabye abaharanira uburenganzira bw’abagore (féministes) ko bajya bafasha abagore kumenya uko bakwiye kwitwara muri sosiyete.

Arakomeza ati “Hari abantu babyitiranya, bakumva ko mu buringanire cyangwa ubwuzuzanye umwe ari hejuru y’undi. Ni ubwuzuzanye n’uburanganire ariko hari ababyitiranya. Hari abagabo bahohoterwa, hari n’abagabo barengana kandi biragoye ko umugabo ashobora guhagarara mu bantu ngo avuge ngo byagenze gutya, ni yo kamere y’abagabo, ni yo mpamvu rimwe na rimwe umuntu ahitamo guceceka.”

Yavuze ko akenshi iyo bimaze kurenga, abagabo bamwe bahitamo guceceka, bakaba ba “Nsekambabaye”.

Ati “Nuvuga ko wahohotewe birasa nabi, nuvuga ko utahohotewe nabyo bisa nabi. Rimwe na rimwe biba ngombwa ko umuntu abirebera ku ruhande, ukagira ibindi byemezo ubifataho ubirebera ku ruhande, ariko ibyo uvuze [yabwiraga umunyamakuru wari umubajije ikibazo] ntabwo bitandukanye n’ukuri.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B.Thierry, aherutse kubwira itangazamakuru ko Danny Nanone akwiye gukora inshingano, anenga Busandi Moreen kuba yarateye urugo, agasohora ibikoresho mu nzu.

Dr. Murangira kandi yibukije abakoresha imbuga nkoranyambaga n’abandi bategura inkuru, kutitwaza umwuga bakora n’izo mbuga kugira ngo bazihindure ibikangisho ku bantu runaka, ahubwo bakwiye kubikora kinyamwuga kuko bitabaye ibyo, byazabyara ibyaha bakurikiranwaho.

Busandi Moreen wabyaranye na Danny amaze iminsi arikoroza ku mbuga nkoranyambaga
Danny Nanone yasabye inzego za Leta kwita ku kibazo cy’abagabo bahohoterwa

Reba indirimbo Danny aheruka gushyira hanze


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .